00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunsi wa mbere wasize Karan Patel ayoboye abandi muri Rwanda Mountain Gorilla Rally 2026

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 11 July 2026 saa 07:10
Yasuwe :

Umunya-Kenya usiganwa mu modoka, Karan Patel, ayoboye urutonde rw’abakinnyi bari gukina isiganwa riri ku ngengabihe ya Shampiyona Nyafurika yo gusiganwa mu mihanda y’igitaka rya Rwanda Mountain Gorilla Rally 2026, nyuma y’umunsi waryo wa mbere.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Nyakanga 2026, ni bwo iri siganwa ryakiniwe mu mihanda yo mu Karere ka Bugesera, hakinwa uduce icyenda twakiniwe mu mirenge ya Nemba na Gako.

Uyu munsi hakinwe uduce icyenda, hatangira imodoka icyenda ziri gukina amarushanwa Nyafurika ariko hasoza imodoka 10 kuko iya Queen Kalimpinya n’iya Nanji Sameer zitasoje.

Mu bakinnyi 10 basoje, hitwaye neza Umunya-Kenya, Karan Patel ukinana na Khan Tauseef wakoresheje isaha imwe, iminota irindwi n’amasegonda 53, arusha iminota ine n’amasegonda 26, uwitwa Huwel Ahmed na Solanki Roheet batwara TOYOTA Yaris GR.

Umunyrwanda wasoje isiganwa kuri uyu munsi ni Kanangire Christian ukinana na Mujiji Christian bakinira muri Subaru Impreza, barushwa iminota 13 n’amasegonda 43.

Isiganwa rizakomeza ku Cyumweru, tariki ya 12 Nyakanga 2026.

Karan Patel yitwaye neza ku munsi wa mbere w'isiganwa
Abatuye mu Karere ka Bugesera bitabiriye isiganwa rya Rwanda Mountain Gorilla Rally
Ababyeyi na bo bakereye gukurikirana isiganwa
Rwanda Mountain Gorilla Rally yakiniwe imbere y'abafana benshi
Ntambi Oscar ni umwe mu bakinnyi bafashwa na BPR Bank
Kanangire Christian ni we Munyarwanda rukumbi wasoje isiganwa ry'uyu munsi
Ntambi Oscar atwara Mitsubishi Lancer Evo X
Nikhil Sachania ahatana afite ubumuga ariko akaryohereza abareba isiganwa
Muwonge Susan ahagarariye Uganda mu isiganwa
TOYOTA Yaris GR iri gutwarwa na Huwel Ahmed
Gatimu Tinashe na Nyina umubyara Gatimu Caroline bari gukina Rwanda Mountain Gorilla Rally 2026
Huwel Ahmed yashimishije abari bakurikiye isiganwa
Ni ubwa mbere TOYOTA Yaris GR iri gukina Rwanda Mountain Gorilla Rally
Perezida wa RAC, Gakwaya Christian, ari kwirinda ivumbi ryinshi mu isiganwa
Karan Patel yifuza kongera kwegukana Rwanda Mountain Gorilla Rally

Amafoto: Manzi Alain


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages