Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 5 Kanama 2026, ni bwo Ikipe ya SC Villa yemeje ko uyu wari umwe mu bakinnyi bakomeye bayo yitabye Imana azize urugomo yakorewe n’abataramenyekana.
Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ikipe yagize iti “Tubabajwe no kubamenyesha urupfu rwa kapiteni wacu, David Owori, warimo yitabwaho n’abaganga kuri Case Clinic nyuma yo guterwa n’abagizi ba nabi. Twihanganishije kandi twifatanyije n’umuryango we mu kababaro.”
Uyu mukinnyi wakinaga nka myugariro wo ku ruhande rw’iburyo, yari mu mwaka we wa nyuma w’amasezerano ya SC Villa, ndetse akaba ari umwe mu bo yagenderagaho.
Yatewe n’abataramenyekana mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 4 Kanama, mu masaha ya saa Mbili, ubwo yari ageze iruhande rw’urugo rwe.
Yitabye Imana mu gihe ikipe ye yiteguraga umukino wa Maroons, uzakinwa ku wa Gatanu, tariki ya 7 Kanama, kuri Hamz stadium, akaba azasimburwa na mugenzi we bakinanaga kuri uwo mwanya Andrew Okumu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!