00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Josef Zinnbauer yagizwe Umutoza Mukuru wa Al Hilal SC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 9 August 2026 saa 08:57
Yasuwe :

Josef Zinnbauer wo mu Budage yagizwe Umutoza Mukuru wa Al Hilal SC yo muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Sudani, asimbuye Laurențiu Reghecampf.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 9 Kanama 2026, ni bwo Al Hilal SC yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo, igaragaza ko yabonye umutoza mushya.

Ubutumwa bwayo bugira buti “Twishimiye gutangaza ko twahisemo Umudage, Josef Zinnbauer, nk’Umutoza Mukuru wacu ngo atoze ikipe iyoboye izindi mu mupira w’amaguru wa Sudani, mu gihe cy’imyaka ibiri.”

“Amateka mashya aratangiye. Icyiciro gishya n’ihatana rishya. Urakaza neza mu muryango wa Al Hilal SC. Twizeye ubunararibonye, intego n’imiyoborere yawe. Twiteguye kugerana kuri byinshi na we.”

Josef Zinnbauer w’imyaka 56 afite impamyabumenyi ya UEFA Pro, akaba yaratoje amakipe atadukanye yo muri Afurika. Aya arimo JS Kabylie aherukamo, dore ko yatandukanye na yo muri Werurwe 2026.

Andi ni Al-Wehda, Raja Casablanca na Orlando Pirates, akaba yaranyuze no muri Loko Moscow yo mu Burusiya.

Asanze Al Hilal yatozwaga na Guy Bukasa wagizwe umutoza w’ikipe ya kabiri ya Al Hilal SC.

Josef Zinnbauer yagizwe umutoza wa Al Hilal SC
Josef Zinnbauer yatoje amakipe akomeye muri Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages