Kuva mu 2010 kugeza mu 2013, ni bwo Mourinho yabaye Umutoza Mukuru wa Real Madrid, ayivamo ayihesheje Igikombe cya Shampiyona na Espagne, Copa del Rey, hamwe na Supercopa de España.
Icyo gihe yavuye muri iyi kipe yerekeza mu yandi y’i Burayi, aho yakoze amateka mu buryo butandukanye bwanatumye Real Madrid yongera kumwifuza nk’uko byanditswe n’ibinyamakuru byo muri Espagne na Portugal.
Uyu mugabo ategerejwe muri iyi kipe kugira ngo asimbure Álvaro Arbeloa wayihawe asimbuye Xabi Alonso, ariko ntiyemerwe n’ubuyobozi bwayo by’umwihariko Perezida wa Real Madrid, Florentino Pérez.
Bivugwa ko Mourinho w’imyaka 63 yemeranyije na Real Madrid ko azashyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri.
Abandi batoza bavugwaga muri iyi kipe harimo Jurgen Klopp, Mauricio Pochettino, Julian Nagelsmann, Didier Deschamps na Massimiliano Allegri, ariko Mourinho ni we wenyine wavuganye na Real Madrid.
Kugeza ubu hari gutegurwa uburyo atandukana na Benfica yo muri Portugal yatozaga kuva mu 2025, ndetse muri uyu mwaka w’imikino akaba ataratsinzwemo umukino n’umwe n’ubwo ari ku mwanya wa gatatu, inyuma ya FC Porto na Sporting.
Andi makipe yatoje harimo União de Leiria, Porto, Chelsea, Inter Milan, Manchester United, Tottenham Hotspur, Roma na Fenerbahçe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!