00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jay Jay Okocha yafashije ikipe ya Perezida Kagame gutsinda iya Infantino na Cafu (Amafoto na Video)

Yanditswe na Igirubuntu Darcy
Kuya 15 Werurwe 2023 saa 04:14
Yasuwe :

Umunya-Nigeria Jay Jay Okocha yafashije ikipe y’u Rwanda irimo Perezida Kagame gutsinda iya Gianni Infantino uyobora Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi, FIFA, yari igizwe n’abarimo Umunya-Brazil Cafu.

Ni mu mukino wa mbere wakinwe mu irushanwa rihuza amakipe y’abakanyujijeho nka kimwe mu bikorwa bishamikiye ku Nteko Rusange ya 73 ya FIFA iri kubera i Kigali.

Umukino ufungura wahuje Ikipe y’u Rwanda irimo Perezida Paul Kagame n’iya FIFA irimo Gianni Infantino.

U Rwanda rwatsinze uyu mukino ku bitego 3-2 rukomeza mu kindi cyiciro.

Umunya-Nigeria Augustine Azuka Okocha wamamaye nka Jay-Jay Okocha, ni we watsindiye u Rwanda ibitego bitatu byabonetse muri uyu mukino.

Okocha w’imyaka 49 yakiniye amakipe anyuranye arimo Paris Saint-Germain F.C. yo mu Bufaransa na Hull City yo mu Bwongereza.

Ikipe ya FIFA yo yatsindiwe n’Umunya-Brazil Marcos Evangelista de Morai [Cafu]. Uyu munyabigwi ukina yugarira anyuze ku ruhande rw’iburyo, yanyuze mu makipe atandukanye arimo AC Milan na AS Roma yo mu Butaliyani.

Ikipe y’u Rwanda itozwa na Mashami Vincent usanzwe ari Umutoza wa Police FC, wanabaye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi. Irimo Perezida Kagame; Umunya-Nigeria, Jay Jay Okocha; Umunya-Sénégal Khalilou Fadiga; Jimmy Mulisa, Karekezi Olivier, Murangwa Eugène, Nshimiyimana Eric, Kayiranga Jean Baptiste, Ngabo Albert bakiniye Amavubi; Mateso Jean de Dieu utoza Kiyovu Sports; Nizeyimana Olivier uyobora FERWAFA; Nyinawumuntu Grace uyobora Siporo mu Irerero rya Ruhago rya Paris St Germain mu Rwanda n’abandi.

Uyu mukino ni umwe mu yakinwe mu irushanwa rihuza amakipe umunani, arimo agize impuzamashyirahamwe z’umupira w’amaguru ku Isi, ikipe ya FIFA n’iy’u Rwanda rwakiriye Inteko Rusange ya FIFA.

Iri rushanwa riri kubera kuri Kigali Pelé Stadium iherereye i Nyamirambo. Iyi stade yatashywe na Perezida Paul Kagame na Gianni Infantino nyuma yo kuyivugurura.

Imirimo yo kuvugurura Stade ya Kigali yatangiye tariki 4 Mutarama 2023. Mu byayikozwemo harimo gusimbuza tapis yarimo, guhindura igisenge, kuvugurura urwambariro no gusiga amarangi.

Iri rushanwa ryakinwe mbere y’uko mu Mujyi wa Kigali hateranira Inteko Rusange ya 73 ya FIFA, ari na yo izemerezwamo Gianni Infantino nk’ugomba kuyobora iri Shyirahamwe rya Ruhago ku Isi ku wa 16 Werurwe 2023.

Indi nkuru wasoma: Perezida Kagame na Infantino bafunguye ku mugaragaro Kigali Pelé Stadium (Amafoto)

Ikipe y'u Rwanda irimo Perezida Kagame yatozwaga na Mashami Vincent
Ikipe y'u Rwanda n'iya FIFA bafata ifoto y'urwibutso
Perezida Kagame yishimiye kongera guconga kuri ruhago nyuma y'igihe kirekire
Umunya-Maroc, Houssine Kharja wakiniraga FIFA agerageza gucenga Ngabo Albert wakiniye APR FC n'Ikipe y'Igihugu Amavubi
Perezida Kagame agerageze gushibura umupira mbere y'uko umukino utangira
Perezida Kagame yakinaga agaragiwe n'abarimo Umufaransa Youri Djorkaeff
Perezida Kagame na Nizeyimana Olivier bari mu Ikipe y'u Rwanda
Perezida Kagame asuhuzanya n'Umufaransa Youri Djorkaeff
Perezida Kagame yari ahagaze bwuma mu kibuga
No guconga umupira yagaragaje ko abifitemo impano
Perezida wa FIFA, Gianni Infantino agerageza gucenga Perezida Kagame
Byarangiye amunyujijeho umupira
Perezida Kagame azibira Gianni Infantino uyobora FIFA ashaka kumubuza gukomezanya umupira
Ikipe ya Gianni Infantino ntiyahiriwe muri uyu mukino kuko yatsinzwe n'iya Perezida Kagame ibitego 3-2
Perezida Kagame asanzwe ari umukunzi wa ruhago. Yihebeye by'umwihariko Arsenal FC
Perezida Kagame yakinaga hagati mu kibuga mu Ikipe y'u Rwanda
Perezida Kagame akomera amashyi Jay-Jay Okocha wari umaze gutsinda igitego
Perezida Kagame agerageza gucenga umwe mu bakinnyi b'Ikipe ya FIFA
Umunya-Brazil Cafu azamukana umupira hafi ya Perezida Kagame
Umunya-Nigeria, Jay-Jay Okocha yerekanye ko umupira ukimuri mu maraso
Jimmy Mulisa ari mu bakinnyi bari bagize Ikipe y'u Rwanda
Jay-Jay Okocha yatsinze ibitego bitatu muri uyu mukino
Jay-Jay Okocha yamenyekanye cyane akinira amakipe arimo Paris Saint-Germain F.C. yo mu Bufaransa na Hull City yo mu Bwongereza
Perezida Kagame yari mu ikipe 'itsinda'
Jimmy Mulisa yatanze umupira wavuyemo igitego kuri Jay Jay Okocha
Perezida Kagame atanga umupira mwiza kuri bagenzi be bakinanye mu Ikipe y'u Rwanda
Umukino wahuje u Rwanda n'Ikipe ya FIFA wayobowe n'Umusifuzi Mpuzamahanga Mukansanga Salima
Umunya-Maroc, Houssine Kharja, agerageza gucenga Jay-Jay Okocha

Amafoto: Igirubuntu Darcy

Video: Mucyo Jean Regis


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .