Amatora ya FAPA yabereye ku cyicaro cya FERWAFA kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Mata 2026, aho ku murongo w’ibyigwa hari kwemeza amategeko shingiro mashya no gutora ubuyobozi bushya.
Amatora yabaye yasize Murangwa Eugène atorewe kuba Perezida, Visi Perezida wa Mbere aba Nshimiyimana Eric usanzwe ari Umutoza Wungirije w’Amavubi naho Visi Perezida wa Kabiri aba Nsabimana Eric ‘Zidane’ usanzwe ari Kapiteni wa Police FC.
Umunyamabanga Mukuru ni Jimmy Mulisa wungirijwe na Gasingwa Michel na ho Umubitsi ni Habimana Sosthène.
Ku mwanya w’uhagarariye abagore hatowe Musabaganwa Christine naho uhagarariye urubyiruko n’iterambere ni Niyonzima Haruna mu gihe uhagarariye ababa hanze y’u Rwanda (Diaspora) ari Mbonabucya Désiré.
Komisiyo Ngenzuzi igizwe na Kamanzi Karim (Perezida), Umwungeri Patrick na Twajamahoro Yves mu gihe Komisiyo Nkemurampaka irimo Habyarimana Innocent (Perezida), Masumbuko Jean de Dieu na Rukundo Jean Marie Vianney.
Komisiyo Ngenzuzi igizwe na Perezida n’abajyanama babiri naho muri Nkemurampaka harimo Perezida, Visi Perezida n’Umunyamabanga.
Abitabiriye inteko rusange yo kuri uyu wa Mbere bahise baba abanyamuryango ba FAPA mu gihe abakinnye mu makipe yo mu Cyiciro cya Mbere n’abagikina (abagabo n’abagore) bashaka kujya muri iri Shyirahamwe bazajya babisaba.
Mu nama hemejwe ko FAPA itakiri "Former Amavubi Players Association" ahubwo yabaye "Footballers Association For Player Advocacy", mu magambo magufi bikaba (FAPA Rwanda).
Abagikina mu Cyiciro cya Mbere mu bagabo n’abagore bitabiriye iyi nama barimo Kapiteni wa Police FC, Nsabimana Eric ’Zidane’; Visi Kapiteni wa Rayon Sports, Emmanuel Nshimiyimana ’Kabange’, Nshuti Didier wa Gorilla FC, Rwabuhihi Placide wa Kiyovu Sports na Kapiteni wa APR WFC, Uwase Bonette.
Amafoto: Kwizera Hervé & Ishimwe Arafat



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!