00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ishimwe Fiston yerekeje muri Rayon Sports

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 12 July 2024 saa 01:33
Yasuwe :

Rayon Sports ikomeje kwitegura umwaka utaha w’imikino yamaze gusinyisha imyaka ibiri Ishimwe Fiston wanyuze mu makipe akomeye yo mu Rwanda arimo APR FC na AS Kigali.

Iyi kipe yambara ubururu n’umweru ni imwe mu makipe ategerejwe mu mwaka utaha dore ko itahwemye kubigaragaza bigendanye n’abakinnyi yaguze haba mu Rwanda ndetse no hanze yarwo.

Kugeza ubu byamaze kumenyekana ko yahaye amasezerano umukinnyi wo hagati, Ishimwe Fiston wari umaze umwaka umwe yaratijwe na APR FC muri AS Kigali.

Mbere yo kugera mu Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yabanje muri Marine FC yo mu Karere ka Rubavu, akigera mu Mujyi wa Kigali afatanya na APR FC gutwara Igikombe cya Shampiyona cya 2022/23 nubwo atabonaga umwanya uhagije wo gukina.

Muri AS Kigali yakomeje kuwubura ariko mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona ya 2023/24 yagerageje kwitwara neza dore ko na mbere y’uko irangira yabaye umukinnyi mwiza w’Ikipe y’Umujyi wa Kigali muri Mata 2024.

Ishimwe ni umukinnyi w’imyaka 23 ufite ubushobozi bwo kuba yakina imyanya myinshi mu kibuga haba mu busatirizi ndetse no hagati mu kibuga, afasha ba rutahizamu.

Yasinye muri Rayon Sports mu gihe yari amaze igihe akorana imyitozo n’abandi iyi kipe yaguze barimo Rukundo Abdul Rahman, Niyonzima Olivier ‘Seif’, Ndikumana Patient, Ishimwe Fiston, Nshimiyimana Emmanuel ’Kabange’ n’abandi.

Aba bakinnyi, abatoza, abafatanyabikorwa n’imyambaro mishya Rayon Sports izakoresha mu mwaka utaha w’imikino wa 2024/25, bazerekanirwa mu birori bimaze kuba umuco muri Gikundiro kuko bigiye kuzabera muri Stade Amahoro.

Ishimwe Fiston wanyuze muri AS Kigali na APR FC yasinye imyaka ibiri muri Rayon Sports

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages