00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intsinzi ya Rayon Sports muri CECAFA yakoze ku mitima y’abarimo abaminisitiri

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 August 2026 saa 08:39
Yasuwe :

Intsinzi ya Rayon Sports yo gusezerera Jamus SC muri ½ cya CECAFA Kagame Cup 2026 yahaye ibyishimo bidasanzwe Abanyarwanda batandukanye, aho bamwe mu bayobozi barimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, bashimiye iyi kipe yongeye kugera ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa nyuma y’imyaka 28.

Gikundiro yatsinze iyi kipe yo muri Sudani y’Epfo ibitego 3-1 mu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 4 Kanama 2026.

Mbere y’umukino no mu gihe wabaga, icyizere cyari cyose ku bakunzi b’iyi kipe ikundwa n’Abanyarwanda benshi, ariko byabaye ibindi ubwo umusifuzi w’Umunya-Tanzania, Ahmed Arajiga yahuhaga mu ifirimbi agaragaza ko umukino urangiye.

I Nyamirambo, muri stade, hari ababuze uko bifata, bamwe bavuza induru mu gihe no hanze ya stade humvikanaga urusaku rw’ibyishimo by’abakunzi b’iyi kipe.

Bamwe mu bafana bari ku kibuga bamaze umwanya batarasohoka, bishimana n’abakinnyi n’abatoza bakoma amashyi, mu gihe n’abasohotse bageze hanze babanza guhurira hamwe barishima, abandi bigabiza imihanda bataha n’amaguru babyina intsinzi.

Ibyishimo ntibyagaragarijwe aho gusa, kuko n’abakoresha imbuga nkoranyambaga zitandukanye bagiye bagaragaza uko bishimiye intsinzi y’amateka ya Rayon Sports dore ko yaherukaga kugera ku mukino wa nyuma wa CECAFA ubwo yatwaraga iri rushanwa mu 1998 ryabereye muri Zanzibar.

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, ni umwe mu ba mbere bashimiye Rayon Sports nyuma y’intsinzi yabonye, binyuze butumwa yanditse ku rubuga rwa X.

Ati "Oh Rayon! Mukomeze umuvuno, intego ikomeze kuba yayindi… Igikombe kirasigara iwacu kuri uyu wa Gatanu 🏆."

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, na we yashimiye Rayon Sports ku ntsinzi yabonye, ati "Mwakoze Rayon Sports, mutsinde, mutsinde, mutsinde.”

Dr. Diane Karusisi uyobora Banki ya Kigali iheruka kuba muterankunga mukuru wa Rayon Sports, na we yagaragaje ko yishimiye intsinzi y’iyi kipe, agira ati “Ubururu ni ryo bara.”

Umuyobozi Mukuru wa Royal FM, Aissa Cyiza, usanzwe ari umukunzi w’iyi kipe, yagize ati “Ikipe ni imwe erega! Ooh Rayon!”

Murangwa Eric Eugene wabaye umunyezamu wa Rayon Sports mu myaka ishize, yagize ati “Iyi Gikundiro iratanga icyizere ko iri kwerekeza mu bihe byiza.”

Ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup uzaba ku wa Gatanu, tariki ya 7 Kanama 2026, muri Stade Amahoro, Rayon Sports izacakirana na Gor Mahia yo muri Kenya, yo yasezereye Al-Hilal SC yo muri Sudani iyitsinze penaliti 8-7 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota 120.

Byari ibyishimo ku bakinnyi ba Rayon Sports nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma batsinze Jamus SC ibitego 3-1
Aba-Rayons bishimiye bidasanzwe kongera kubona ikipe yabo igera ku mukino wa nyuma wa CECAFA
Umutoza Haringingo Francis (iburyo) na Mwambali Serge wongerera ingufu abakinnyi (ibumoso) bakomera amashyi abafana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages