00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intare FC yabihije ibirori bya Vision FC yazamukanye na Rutsiro FC mu Cyiciro cya Mbere (Amafoto & Video)

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 5 June 2024 saa 10:19
Yasuwe :

Ikipe ya Vision FC ku nshuro ya mbere igiye gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere nubwo umukino w’umunsi wa gatanu wa Play-offs wasize itsindiwe na Intare FC i Shyorongi ibitego 3-2.

Vision FC yagiye gukina uyu mukino isabwa kubona inota rimwe gusa ngo ikine icyiciro cya mbere ku nshuro ya mbere mu mateka yayo mu gihe Intare FC yasaga nk’iyarangije gusezererwa mbere y’iyi mikino dore ko yari ifite inota rimwe kuri 12 yari amaze gukinirwa.

Iyi kipe ya Vision yaje no gutangira umukino neza byatumye ijya mu karuhuko itsinze igitego 1-0 gusa mu gice cya kabiri ibitego bibiri bya ene Uwineza n’igitego cya Ishimwe Abdoul byatumye Intare zihindura umukino zegukana intsinzi y’ibitego 3-2.

Uku gutsindwa kwa Vision yari yazanye abafana ndetse n’abaterankunga ku kibuga ntabwo byayibujije kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere dore ko undi mukino wa Play-offs warangiye ikipe ya Rutsiro itsinze AS Muhanga ibitego 2-0.

Ibi bivuze ko mu gihe hasigaye umukino umwe, ikipe ya Vision FC na Rutsiro zizamuka ku mwanya wa mbere n’amanota 10 mu gihe Intare na AS Muhanga zifite amanota ane aho zitashobora gushyikira izi za mbere dore ko hasigaye umukino umwe.

Iyi ni inshuro ya mbere Ikipe ya Vision izamutse mu Cyiciro cya Mbere nyuma yo kumara imyaka ibiri ikomanga, mu gihe Rutsiro FC yazamutse nyuma y’umwaka umwe wonyine isubiye mu Cyiciro cya Kabiri.

Aya makipe yombi azamutse gusimbura Sunrise na Etoile de L’Est zamanutse mu Cyiciro cya Kabiri. Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere izatangira gukinwa tariki ya 18 Kanama 2024.

Ngabonziza Dieudonne wa Intare ahanganye n'abakinnyi ba Vision
Vision yazanye icyizere muri uno mukino
Muganza Edson wa Intare ni umwe mu bagize umukino mwiza
Uwineza Rene ukinira Intare ari kwifuzwa n'amakipe yo mu cyiciro cya mbere
Ishimwe Abdoul yatsinze igitego muri uyu mukino
Intare zitwaye neza muri shampiyona y'icyiciro cya kabiri nubwo zatanze abakinnyi batanu mu mikino yo kwishyura bajya mu makipe yo mu cyiciro cya mbere
Abdoul yishimira igitego yatsinze
Niyo David wambaye numero 8 ahanganira umupira na Eric wa Vision
Abasore ba Byusa Wilson bitwaye neza
Uwineza Rene yatsinze ibitego bibiri muri uyu mukino
Vision yari yatangiye itsinda igitego hakiri kare
Umutoza Byusa Wilson uzwi nka Rudifu abwira abasore be icyo gukora
Uwineza Rene yatsinze ibitego bibiri muri uyu mukino

Amafoto: Kasiro Claude

Video: Mazimpaka Alain


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .