Komisiyo yahannye Imurora Hakizimana Japhet wari Umutoza Wungirije w’Amagaju FC, nyuma yo gusanga yaragennye ibiva mu mukino wo ku wa 17 Mata 2026, wahuje Musanze FC na Amagaju FC.
Imurora yagaragaje ko atishimiye icyemezo yafatiwe, akaba ari yo mpamvu yatanze ubu bujurire, asaba Urwego rw’Ubujurire kugisuzuma mu buryo bwuzuye.
Yasabye ko hasuzumwa niba hari ibimenyetso bihamye byemeza niba amafaranga yavuzwe muri ayo majwi yaratanzwe koko, yakiriwe n’umukinnyi cyangwa undi muntu, kugira ngo umukino uhindurwe.
Yasabye kandi gusuzuma inkomoko y’amajwi, uburyo yafashwe n’uruhare rwa Habarurema Gahungu mu kuyafata, cyane cyane niba hari amabwiriza yari yahawe n’urwego rubifitiye ububasha.
Avuga ko kuba umukino wararangiye ari ibitego 2-0, bidahagije ngo umuntu ahamwe n’icyaha, kuko uko umukino wagenze n’ibyagaragajwe n’abayobozi bawo, ari bimwe mu bimenyetso bigomba gusuzumirwa hamwe n’ibindi.
Imurora yasabye ko mu gihe Urwego rw’Ubujurire rutabona impamvu zo gukuraho burundu icyemezo, nibura rwasuzuma rukagabanya igihano kikaba gihuye n’ibikorwa byahamijwe n’ibimenyetso byose.
Yasabye ko hasuzumwa imyitwarire ya Musanze FC nyuma y’umukino, harimo kuba yaraguze Malansa Destin na Edouard Ndayiahimiye, kuko ari bo batsinze ibitego byombi by’Amagaju FC muri uwo mukino.
Yasabye ko nyuma yo gusuzuma ubujurire bwe, haseswa kandi hakanakurwaho icyemezo cya Komisiyo y’Imyitwarire cyo ku wa 25 Nyakanga 2026.
Asaba kandi gukurirwaho igihano cy’ihagarikwa ry’agateganyo, guhagarikwa imyaka itanu, ihazabu ya miliyoni 5 Frw, n’ikiguzi cy’isuzuma ry’amajwi muri Rwanda Forensic Institute ahwanye (1.287.340 Frw), bityo imbumbe y’amafaranga yahanishijwe yari ahwanye na 6.287.340 Frw.
Imurore Japhet yabaye umutoza wa Musanze FC, mbere y’uko ahabwa akazi mu Magaju.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!