00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imurora Japhet na Ndatimana Olivier wamennye ibitazwi mu kibuga bahagaritswe mu mupira w’amaguru

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 24 April 2026 saa 01:54
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ryahagaritse by’agateganyo Imurora Japhet ushinjwa gukora ’match-fixing’, na Ndatimana Olivier wagaragaye amena ibintu mu kibuga byaketswe nk’amarozi.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 24 Mata 2026, ni bwo FERWAFA yashyize hanze imyanzuro yavuye muri Komisiyo ishinzwe Imyitwarire nyuma yo kwiga kuri ibi bibazo byombi.

Yavuze ko ishingiye ku Ngingo ya 2.1 (Igika cya 1) n’iya 2.3.3 z’Amategeko agenga imyitwarire, hafashwe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo, Olivier Ndatimana ushinzwe ibikoresho muri Gorilla FC.

Ni nyuma y’imyitwarire idahwitse yagaragaje mu mukino w’lgikombe cy’Amahoro wahuje Gorilla FC na Rayon Sports FC ku wa 22 Mata 2026. Icyo gihe yanyanyagije ifu mu kibuga isa n’aho ivanze n’amasaka.

Undi ni Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi b’Amagaju FC, Imurora Hakizimana Japhet, nyuma y’imyitwarire idahwitse yamugaragayeho mbere y’umukino w’Umunsi wa 27 wa Shampiyona y’u Rwanda wahuje ikipe ye na Musanze FC, ku wa 17 Mata 2026.

Icyo gihe humvikanye amajwi ye aganira n’umunyezamu wa Musanze FC, Habarurema Gahungu, amusaba kwitsindisha kuri uyu mukino, n’andi y’umuntu utaramenyekanye wakoreshaga ururimi rw’Icyongereza, amusaba ko umukino warangira harimo ikinyuranyo cy’ibitego bibiri, ari na ko byaje kugenda ukarangira Amagaju atsinze Musanze 2-0.

FERWAFA yagize iti “Aba bombi bahagaritswe mu bikorwa byose bijyanye n’umupira w’amaguru, banabujijwe kwinjira mu gace ka tekinike, mu rwambariro no ku kibuga haba mu myitozo no mu mikino, kugeza igihe hazafatirwa icyemezo cya nyuma na Komisiyo ishinzwe Imyitwarire.”
Ivuga ko kandi izakomeza guharanira ubunyangamugayo no kubungabunga isura nziza y’umupira w’amaguru.

Imurora Japhet yahagaritswe mu mupira w'amaguru
Ndatimana Olivier yagaragaye amena ibintu bidasanzwe mu kibuga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages