00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imibare yihariye ku bakinnyi bazakina Igikombe cy’Isi cya 2026

Yanditswe na IGIHE
Kuya 2 June 2026 saa 08:25
Yasuwe :

Urutonde rwa nyuma rw’abakinnyi bazakina Igikombe cy’Isi cya 2026 rwamaze kujya ahagaragara, aho iri rushanwa rizitabirwa n’abakinnyi 1248 bahagarariye ibihugu 48.

Iri rushanwa rizatangira tariki ya 11 Kamena, rikarangira ku wa 18 Nyakanga 2026, rizabera muri Canada, Mexique na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse rizaba rigizwe n’imikino 104.

Nyuma y’urutonde rwatanzwe na buri kipe tariki ya 1 Kamena, abakinnyi 357 ni bo bazongera kugaragara mu Gikombe cy’Isi baragikinnyeho mbere mu gihe 891 bazagikina ku nshuro ya mbere.

Ikinyuranyo cy’imyaka 25 ni cyo kiri hagati y’umukinnyi mukuru (Umunya-Écosse Craig Gordon w’imyaka 43 n’iminsi 162) n’umukinnyi muto (Umunya-Mexique Gilberto Mora w’imyaka 17 n’iminsi 240).

Abakinnyi 22 bari munsi y’imyaka 20 na barindwi bafite imyaka 40 cyangwa bayirengeje, ni bo bazitabira iri rushanwa mu gihe abigeze kuryegukanaho ari 22.

Ibihugu bizakina iri rushanwa ku nshuro ya mbere ni Cap-Vert, Curaçao, Jordanie na Ouzbekistan, aho byabonye itike nyuma y’uko amakipe yongerewe akaba 48 avuye kuri 32.

Mu bakinnyi bato bo kwitega harimo Abdukodir Khusanov wa Ouzbekistan, Warren Zaïre-Emery w’u Bufaransa, Finn Surman wa Nouvelle-Zélande na Bilal El Khannouss wa Maroc.

Ni mu gihe Lionel Messi wa Argentine, Cristiano Ronaldo wa Portugal n’umunyezamu wa Mexique, Guillermo Ochoa, bazakina iri rushanwa ku nshuro ya gatandatu, ibitarigeze bikorwa n’undi mukinnyi uwo ari we wese.

Abakinnyi bamaze kwemezwa ko bazakina iri rushanwa bakinira amakipe 449 yo mu bihugu 71 (birimo 14 byo muri AFC, bitandatu bya CAF, birindwi byo muri CONCACAF, umunani byo muri CONMEBOL, kimwe cyo muri OFC na 35 byo muri UEFA).

Qatar na Arabie Saoudite ni byo bihugu bifite abakinnyi benshi bakina imbere mu gihugu (25 kuri 26) mu gihe Cap-Vert, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Côte d’Ivoire, Curaçao, Sénégal na Uruguay, bifite abakinnyi bakina ku migabane hafi ya yose.

Umunya-Portugal Carlos Queiroz utoza Ghana, agiye gutoza Igikombe cy’Isi ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, aho mu 2010 yatozaga Portugal naho mu 2014, 2018 na 2022 atoza Iran. Ni umutoza wa kabiri utoje Igikombe cy’Isi inshuro eshanu zikurikiranya nyuma ya Bora Milutinović (1986–2002).

Abakinnyi batanzwe n’amakipe 48 azakina Igikombe cy’Isi bashobora gusimbuzwa kubera uburwayi cyangwa imvune ikomeye, amasaha 24 mbere yo gukina umukino wa mbere kandi byemejwe na FIFA.

Guillermo Ochoa, Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bagiye gukora amateka yo gukina Igikombe cy'Isi ku nshuro ya gatandatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages