00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ikigo cyo muri Denmark kigiye gushyira akadomo ku nzara yo muri Bugesera FC

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 13 May 2024 saa 07:37
Yasuwe :

Ikipe ya Bugesera FC kigiye gusinyana amasezerano n’ikigo cy’abanya-Denmark gikora ibijyanye no gucukura amabuye y’agaciro, aho bifuza gutangiza ishuri rya ruhago ndetse no gutera inkunga iyi kipe ikina mu cyiciro cya mbere mu Rwanda.

IGIHE ni yo yabaye iya mbere mu gutangaza amakuru avuga ko Bugesera igeze kure ibiganiro n’abafatanyabikorwa babiri aho bari bayibwiye ko niramuka itamanutse mu cyiciro cya kabiri bazahita bashyira umukono ku masezerano.

Nyuma y’aho iyi kipe itsindiye Etoile de L’Est igashimangira kuguma mu cya mbere, Perezida wayo Gahigi Jean Claude akaba yadutangarije ko ibiganiro bigeze kure n’aba bafatanyabikorwa aho mu minsi mike baba babatangaje.

Yagize ati: Ni byo tumaze iminsi tuvugana n’abafatanyabikorwa bazajya batwishyurira imishahara ndetse n’amafaranga yo kugura abakinnyi (recrutement). Ibiganiro kuri ubu bisa nk’ibyarangiye… bigeze nko kuri 80% mu minsi mike tuzabereka abakunzi b’imikino.

Amakuru IGIHE ifite ni uko umufatanyabikorwa umwe muri abo babiri ari Ikigo cyo muri Denmark gikora ibijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro aho biyemeje gutangiza ishuri rya ruhago ndetse bagatanga n’amafaranga uri Bugesera.

Aba bakaba barageze muri iyi kipe bigizwemo uruhare runini na Minisiteri ya Sports yabo muri gahunda yayo gushyigikira umupira w’amaguru, aho amakipe ya Etincelles na Gicumbi ashobora gukurikira mu kubona abaterankunga bazayashyigikira.

Ikipe ya Bugesera ni umwe mu zagize ibibazo by’amikoro muri uyu mwaka aho yigeze kumara atanu idahemba abakinnyi n’abakozi, ikintu ku bw’umutoza Haringingo Francis ngo byatumye bitwara nabi muri shampiyona bakagera ku munsi wanyuma bakibarizwa mu makipe yamanuka mu cyiciro cya kabiri.

Biteganyijwe ko Bugesera nimara kwemeza aba bafatanyabikorwa izaba iri mu makipe afite ubushobozi buhagije mu Rwanda ho ingengo y’imari yayo izagera kuri Miliyoni zirenga Magana atandatu.

Kuguma mu cyiciro cya mbere byahaye Bugesera amafaranga atagira ingano
Umutoza Haringingo wagumishije Bugesera mu cya mbere ntarafata icyemezo cyo kuguma mu ikipe cyangwa gusohokamo
Amasengesho ya Bugesera yarasubijwe nyuma yo gutsinda Etoile de L'Est
Bugesera ishobora kugumana abakinnyi nka Elijah nyuma yo gusinyana n'umufatanyabikorwa mushya
Byari ibyishimo mu bindi
KNC na Gasogi ayobora na bo bari mu batekerezwa bazashakirwa abaterankunga
Gahigi Uyobora Bugesera yavuze ko vuba bazatangaza abo baterankunga babo bashya

Amafoto: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages