Ibi byatangajwe na Perezida w’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF), Patrice Tlhopane Motsepe, mu muhango wo gufungura ku mugaragaro CAN 2023 iri kubera muri Côte d’Ivoire mu ijoro ryo ku wa 12 Mutarama 2023.
Igikombe cya Afurika kimaze guhindurirwa ibihe kuva cyakomwa mu nkokora n’imihindagurikire y’ikirere n’icyorezo cya Covid 19, aho byatumye gikunda kuba mu ntangiro z’umwaka.
Byari biteganyijwe ko mu 2025 kigomba gusubizwa mu mpeshyi ariko bishobora kugorana kuko Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA) ryahashyize irushanwa rizitabirwa n’amakipe ayoboye ayandi ku Isi rya ‘Club World Cup’.
Nubwo bimeze bityo ariko, Motsepe yavuze ko iyi ari impamvu irushanwa rizabera muri Maroc ritarahabwa amatariki gusa impande zombi ziri kuganira ngo harebwe icyakorwa.
Motsepe yagize ati “Turashaka ko Igikombe cy’Ibihugu muri Afurika kinogera buri wese kandi kikagenda neza. Turacyari kuvugana na FIFA ku buryo twashyira ku murongo amatariki.”
Gukina CAN mu ntangiriro z’umwaka biri kubangamira amakipe afite abakinnyi benshi b’Abanyafurika kuko bayasiga bakajya guhagararira ibihugu byabo, akaba ariyo mpamvu CAF yifuza kurisubiza hagati mu mwaka.
Igikombe cy’Isi cy’ama-Club kizaba kuva tariki 15 Kamena kugeza 13 Nyakanga 2025 kibere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!