Ibi byabereye mu mukino wa Paraguay na Turkiya mu Gikombe cy’Isi cya 2026, ubwo Almiron wari usanzwe akinira Atlanta United, yavuganaga na Mert Muldur wa Turkiya. Mu gihe bavuganaga, Almiron yakoresheje ikiganza apfuka umunwa kugira ngo ibyo yavugaga bitumvikana cyangwa bitasomwa ku minwa.
Umusifuzi yabanje kwitabaza ikoranabuhanga rya VAR, nyuma aza gusanga Almiron koko yapfutse umunwa ari guhangana n’umukinnyi bahanganye. Yahise amwereka ikarita y’umutuku mu minota y’inyongera y’igice cya mbere, icyemezo cyakurikiwe n’akavuyo hagati y’abakinnyi b’amakipe yombi.
Iri tegeko rishya ryemejwe n’Urwego mpuzamahanga rushinzwe amategeko y’umupira w’amaguru, IFAB, mu nama idasanzwe yabaye muri Mata. FIFA yahise ifata icyemezo cyo kurikoresha muri iki Gikombe cy’Isi, igamije gukumira amagambo y’ivangura, ibitutsi cyangwa indi myitwarire idakwiye ishobora kuvugwa umukinnyi apfutse umunwa kugira ngo itamenyekana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!