00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igikombe cy’Isi: Umukinnyi wa mbere yahawe ikarita y’umutuku ahaniwe ikosa rishya

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 20 June 2026 saa 10:57
Yasuwe :

Umukinnyi wa Paraguay, Miguel Almiron, yabaye uwa mbere mu mateka y’Igikombe cy’Isi weretswe ikarita y’umutuku kubera kurenga ku itegeko rishya rya FIFA ribuza umukinnyi gupfuka umunwa mu gihe ari kuvugana n’uwo bahanganye.

Ibi byabereye mu mukino wa Paraguay na Turkiya mu Gikombe cy’Isi cya 2026, ubwo Almiron wari usanzwe akinira Atlanta United, yavuganaga na Mert Muldur wa Turkiya. Mu gihe bavuganaga, Almiron yakoresheje ikiganza apfuka umunwa kugira ngo ibyo yavugaga bitumvikana cyangwa bitasomwa ku minwa.

Umusifuzi yabanje kwitabaza ikoranabuhanga rya VAR, nyuma aza gusanga Almiron koko yapfutse umunwa ari guhangana n’umukinnyi bahanganye. Yahise amwereka ikarita y’umutuku mu minota y’inyongera y’igice cya mbere, icyemezo cyakurikiwe n’akavuyo hagati y’abakinnyi b’amakipe yombi.

Iri tegeko rishya ryemejwe n’Urwego mpuzamahanga rushinzwe amategeko y’umupira w’amaguru, IFAB, mu nama idasanzwe yabaye muri Mata. FIFA yahise ifata icyemezo cyo kurikoresha muri iki Gikombe cy’Isi, igamije gukumira amagambo y’ivangura, ibitutsi cyangwa indi myitwarire idakwiye ishobora kuvugwa umukinnyi apfutse umunwa kugira ngo itamenyekana.

Miguel Almiron yahawe ikarita itukura kubera gupfuka ku munwa
Ni bwo bwa mbere umukinnyi ahawe ikarita y'umutuku kubera iri kosa
Nyuma y'iyi karita itukura, abakinnyi b'amakipe yombi bashyamiranye biratinda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages