00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igikombe cy’Isi: Abakinnyi ba Norvège bitegura u Bwongereza barwaye mu nda

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 July 2026 saa 05:24
Yasuwe :

Abakinnyi benshi b’Ikipe y’Igihugu ya Norvège bari kumva bacitse intege ndetse bari gukorora mu gihe bitegura umukino wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi cya 2026 uzabahuza n’iy’u Bwongereza.

Ku wa Gatandatu, tariki ya 11 Nyakanga 2026, ni bwo Ikipe y’Igihugu ya Norvège izahura na Three Lions, mu mukino wa ¼ uzabera kuri Miami Stadium muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ni umukino utiteguwe neza ku ruhande rwa Norvège, dore ko uhagarariye iyi kipe mu mwiherero, Stale Solbakken, yabyemere igitangazamakuru cy’iwabo cya Dagbladet.

Yavuze ko abakinnyi barwaye bahereye kuri Jørgen Strand Larsen utarakinnye umukino ufungura irushanwa, na myugariro Marcus Holmgren Pedersen utarakinnye na Brésil, gusa abarwaye bose bari kwitabwaho kandi baza kumera neza

Bivugwa ko bagize uburwayi butunguranye bwatangiye ari umuriro udasanzwe, bigera aho bamwe barwara ibicurane, kugeza hari n’abari kuribwa mu nda.

Bivugwa ko uburwayi bwibasiye abakinnyi benshi nyuma y’uko bahawe umwanya wo gusohoka mu mwiherero bakajya kuruhuka no gusura Umujyi wa Miami, mu rwego rwo kwishimira ko basezereye Brésil.

Iyi kipe kandi yarwaye mu gihe yatwaye hafi toni y’ibiribwa byo kuzayitunga mu Gikombe cy’Isi. Mu byo yatwaye higanjemo amafi yo mu bikombe azwi nka ‘Saradine’, imbuto ziganjemo amaronji ndetse na ‘fromage’.

Norvège iri gushaka uko yagera muri ½ cy’Igikombe cy’Isi bwa mbere mu mateka yayo, mu gihe u Bwongereza bugiherukamo mu 2018.

Abakinnyi b'Ikipe y'Igihugu ya Norvège barwaye ari benshi mbere yo gukina n'u Bwongereza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages