Amakipe yombi yatangiranye imbaraga ashaka gutsinda hakiri kare, ndetse ku munota wa cyenda rutahizamu wa AS Kigali, Emmanuel Okwi, yari yamaze kunyeganyeza inshundura, abon igitego cya mbere.
Ni igitego yatsinze ahagaze hanze y’urubuga rw’amahina, areba uko umunyezamu wa Police FC, Niyongira Patience, ahagaze nabi amutera umupira amunyura mu myanya y’intoki.
Iki gitego cyarushijeho gukangura Police FC, ibasha kucyishyura ku munota wa 19, bivuye ku ishoti rikomeye ryatewe na Bigirimana Abedi wari inyuma y’urubuga rw’amahina.
Igice cya mbere cy’umukino cyongeweho iminota itatu, cyarangiye amakipe yombi atabashije kubona igitego cya kabiri.
Igice cya kabiri cyarimo gukinira mu kibuga hagati, mu ntangiriro zacyo Police FC yabonye uburyo bw’amahirwe ubwo myugariro wa AS Kigali yahaga umupira Cyuzuzo Aime Gael wari mu izamu, habura gato ngo ugemo kubera ko yari yasohotse nabi.
Umukino ugeze ku munota wa 71, Ani Elijah wari wasimbuye Byiringiro Lague yatsinze igitego cya kabiri cya Police FC nyuma y’uko ubwugarizi bwa AS Kigali bwari bwamusuzuguye bukeka ko yaba yaraririye.
Police FC yatsinze umukino ku bitego 2-1, amakipe yombi akaba azahura mu mukino wo kwishyura uteganyijwe mu cyumweru gitaha hagati ya tariki ya 4-5 Werurwe 2025.





















Amafoto: Umwali Sandrine & Kasiro Claude
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!