Imirimo yo gushyira iki kibuga gishya muri iyi stade yatangiye mu mpeshyi ya 2025, igenda ihagarara, aho muri Kamena 2026 hari hatangajwe ko izaba yarangiye bitarenze tariki ya 15 Kanama 2026.
Gusa mbere y’uko iyo tariki igera, sosiyete y’Abanya-Bénin yitwa Greenfields, yashyiraga ikibuga muri Stade ya Huye, yahagaritse imirimo kubera kutishyurirwa igihe mu gihe amasezerano yayo azarangira ku wa 1 Nzeri 2026.
Umuyobozi Mukuru wa RHA, Alphonse Rukaburandekwe, yashimangiye ko itariki bari bahiye yo gusorezaho imirimo itubahirijwe kubera ko bahuye “n’imbogamizi nyinshi zijyanye n’urwego rwa tekinike.”
Yongeyeho ati “Gusa icyo natangariza Abanyarwanda, abafatanyabikorwa ni uko ari twebwe RHA, ari abafatanyabikorwa, ni ukuvuga rwiyemezamirimo dukorana ndetse n’abandi bafatanyibikorwa, ntabwo twahwemye gushyiramo ingufu kugira ngo iyi mirimo ikomeze kandi irangire.”
“Kuri ubu imbogamizi twari twahuye na zo, zabonewe ibisubizo ku buryo imirimo ikomeza kandi mu byo twumvikanye na rwiyemezamirimo ni uko ikibuga, ibisigaye ubu ni ugusasa cya kibuga neza kugira ngo kibe gisukuye, gitangire gukorerwaho. Twemeranyije ko mu ntangiriro za Nzeri, ikibuga kizaba cyiteguye gukoreshwa.”
Amakuru IGIHE yamenye ni uko imirimo isubukurwa kuri uyu wa 27 Kanama 2026.
Stade Huye iheruka gukinirwaho mu mpera za Gicurasi 2025, yashyizwe mu bibuga bizakinirwaho Shampiyona y’u Rwanda ya 2026/27.
Gusa ku ngengabihe iheruka gushyirwa ahagaragara na Rwanda Premier League, hateganyijwe ko imikino y’Umunsi wa Mbere wa BK Pro League; uwo Amagaju FC izakiramo Etoile de l’Est tariki ya 5 Nzeri n’uzahuza Mukura VS na Gasogi United tariki ya 6 Nzeri 2026, yombi izabera kuri Stade Kamena aya makipe yombi yo mu Majyepfo yakiriragaho mu mwaka w’imikino ushize wa 2025/26.
Ishusho ya Stade Huye ubwo yasurwaga na IGIHE muri Nyakanga 2026



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!