Muri uyu mukino wa 1/4 wabereye kuri Gillette Stadium ku mugoroba wo ku wa Kane, Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa yatangiye iri hejuru ndetse mu minota ine ya mbere Maroc yari imaze kurokoka inshuro ebyiri aho Mbappé yarekuye ishoti riremereye rinyura ku ruhande gato naho Dayot Upamecano yashyizeho umutwe gusa umunyezamu Bono aratabara.
Ku munota wa 25, u Bufaransa bwabonye penaiti ku ikosa Noussair Mazraoui yari akoreye Kylian Mbappé, uyu rutahizamu ayiteye umupira ukurwamo na Yassine Bounou.
U Bufaransa bwakomeje gusatira, bwabonye kandi uburyo bwa Lucas Digne wateye ishoti rikomeye ari inyuma y’urubuga rw’amahina, rikubita umutambiko w’izamu rijya hejuru.
Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Maroc na yo yatangiye kugerageza guhererekanya ndetse ku munota wa kane mu nyongera yabonye coup-franc nziza yatewe na Achraf Hakimi, umupira ujya hirya y’izamu.
Mu gice cya kabiri nabwo u Bufaransa bwakomeje gusatira ariko umunyezamu wa Maroc, Yassine Bono akaba ibamba.
Ku munota wa 60, akagozi kaje gucika ubwo Kylian Mbappé yafunguraga amazamu ku ishoti yarekuriye mu rubuga rw’amahina ahawe umupira na Désiré Doué.
Bidatinze ku munota wa 66, Ousmane Dembélé yahise atsinda igitego cya kabiri ku ishoti yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina, ahawe umupira na Kylian Mbappé.
Umukino warangiye u Bufaransa butsinze Maroc ibitego 2-0 buhita bwerekeza muri 1/2 aho buzahura n’ikipe izava hagati y’u Bubiligi na Espagne zifitanye umukino ku wa Gatanu Saa Tatu z’ijoro.
Iki gitego Mbappé yatsinze cyatumye yuzuza ibitego umunani muri iki Gikombe cy’Isi aho abinganya na Messi, mu gihe kandi yujuje ibitego 20 muri iri rushanwa, arushwa kimwe na Messi umaze kuritsindamo ibitego 21.
Uyu mukino kandi wasize Mbappé w’imyaka 27 abaye umukinnyi muto ukinnye imikino 20 mu Gikombe cy’Isi.
Gusezererwa kwa Maroc bivuze ko nta gihugu cyo muri Afurika gisigaye mu Gikombe cy’Isi. Uyu Mugabane wari uhagarariwe n’amakipe 10, icyenda muri yo arenga amatsinda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!