00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hugo Tricárico yagizwe umutoza w’abanyezamu ba Rayon Sports

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 June 2026 saa 09:11
Yasuwe :

Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko yahaye akazi Umufaransa, Hugo Tricárico, kugira ngo ayibere umutoza w’abanyezamu, afatanya na Ndayishimiye Eric ‘Bakame’.

Rayon Sports iri kwitegura umwaka mushya w’imikino wa 2026/27, yashyize hanze itangazo rivuga ko kuri uyu wa Mbere, tariki ya 22 Kamena 2026, yungutse umutoza mushya.

Yagize iti “Tunejejwe no gutangaza Hugo Tricarico nk’umutoza mushya w’abanyezamu. Tricarico wakuriye muri OGC Nice, yari umutoza w’abanyezamu muri Vannes.”

Gikundiro yongeyeho ko uyu mugabo azakorana na Ndayishimiye Eric “Bakame” usanzwe muri iyi kipe mu kuzamurwa urwego rw’abanyezamu muri iyi kipe.

Hugo yabaye umutoza wungirije mu ikipe ya Racing Club Pays de Grasse y’Abatarengeje imyaka 18 mu Bufaransa, no muri FC Mougins Côte d’Azur na yo yo muri icyo gihugu y’abatarengeje imyaka 18.

Amakipe yaherukagamo ni US Mandelieu La Napoule yabayemo umutoza w’abanyezamu, FC Mougins na Vannes Olympique Club avuyemo ajya muri Rayon Sports.

Hugo Tricárico yagizwe umutoza w'abanyezamu muri Rayon Sports

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages