00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hatangijwe irushanwa rizahuriza hamwe abana barenga 4000 baconga ruhago (Amafoto)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 18 May 2024 saa 03:14
Yasuwe :

Umuryango mugari w’abahoze bakina umupira w’amaguru mu Rwanda watangije irushanwa rihuza amarerero yo mu gihugu ryitezwemo kuzahuriza hamwe abana batarengeje imyaka 17 basaga ibihumbi bine baconga ruhago.

Igikorwa cyo gufungura ku mugaragaro iri rushanwa cyabaye ku wa Gatandatu, tariki 18 Gicurasi kuri Kigali Pelé Stadium.

Cyitabiriwe n’abanyabigwi batandukanye bahuriye mu Muryango w’abahoze bakinira Ikipe y’Igihugu (Amavubi) uzwi nka FAPA (Former Amavubi Players Association).

Abo barimo Jimmy Gatete, Higiro Thomas, Murangwa Eugène, Nshimiyimana Eric, Mutarambirwa Djabil, Munyaneza Achraf Kadubiri n’abandi benshi.

Hari kandi ababyeyi b’abana ndetse n’abayobozi b’amakipe atandukanye nka Chairman wa APR FC, Col Richard Karasira.

Mu gutangiza iki gikorwa, aba banyabigwi bakoranye n’abana imyitozo babereka uko bikorwa ku mwanya n’ubundi bakinagaho mu kibuga.

Rwagasana Fred uhagarariye iki gikorwa yatangaje ko bifuje gutegura iri rushanwa mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’amarushanwa make mu bakiri bato.

Yagize ati “Rizafasha amarerero kubona amarushanwa kuko bitozaga gusa. Bazahera mu ntara amakipe aherereyo bagende bakuranwamo, imikino ya nyuma izabere i Kigali hatangwa ibihembo n’ibindi bitandukanye.”

Yakomeje avuga ko bifuje gushyira imbaraga mu bakiri bato kuko ari ho hari ikibazo gikomeye.

Ati “Twifuje gushyira imbaraga mu kuzamura impano z’abato kuko hari mu hantu dufite ikibazo gikomeye ariko kandi bifasha n’urubyiruko kutajya mu biyobyabwenge n’izindi ngeso mbi.”

Rwagasana avuga ko ku ikubitiro amakipe 16 agizwe n’abakinnyi barenga 1500 ari yo yiyandikishije ariko bateganya ko umubare uzakomeza kwiyongera.

Ati “Kugeza ubu iki gikorwa tugitangije duhereye ku makipe 16 arimo umunani y’i Kigali n’andi yo mu ntara ariko umubare uzagenda uzamuka uko amakipe azagenda yiyandikisha.”

Kuri iyi nshuro iri rushanwa ryahawe insangamatsiko igira iti “Dushyigikire ibyo twagejejwe na Perezida Kagame”, mu rwego rwo kumushimira uruhare rwe mu guteza imbere umupira w’amaguru. Biteganyijwe ko kandi iri rushanwa rizaba ngarukamwaka.

Abana batandukanye berekanye ubuhanga bafite mu guconga ruhago
Ababyeyi benshi bari baherekeje abana babo
Chairman wa APR FC, Col Richard Karasira ni umwe mu bayobozi b'amakipe bitabiriye iki gikorwa
Ku ikubitiro iri rushanwa ryitabiriwe n'abana barenga 1500
Nyandwi Idrissa uri mu batoza bungurije ba Police FC aganira n'abana
Jimmy Gatete yanyuzagamo agasubiza ibibazo by'amatsiko yabazwaga
Jimmy Gatete yakinnye n'aba bana
Hatangijwe irushanwa rizahuza amarerero atandukanye yo mu gihugu hose
Abanyabigwi batandukanye batangije irushanwa rihuza amarerero yo mu gihugu

Amafoto: Kwizera Remy Moïse


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .