00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Haruna Niyonzima yasubiye muri AS Kigali ku nshuro ya gatatu

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 16 December 2024 saa 11:15
Yasuwe :

Haruna Niyonzima uheruka gutandukana na Rayon Sports, yasinye amasezerano y’amezi atandatu muri AS Kigali asubiyemo ku nshuro ya gatatu.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka w’imikino, Haruna yerekeje muri Gikundiro avuye muri Al Ta’awon yo muri Libya.

Ntabwo yatinze muri Murera kuko nyuma y’iminsi 52 gusa yahise atandukana na yo, avuga ko itubahirije amasezerano bari bagiranye.

Mu gihe imikino ibanza iri kugana ku musozo, AS Kigali yatangiye gutegura iyo kwishyura bityo yibikaho Haruna Niyonzima ugiye kuyikinira ku nshuro ya gatatu, nyuma ya 2019 ndetse na 2022.

Kugeza ku Munsi wa 13 wa Shampiyona, AS Kigali iri ku mwanya wa kane n’amanota 23.

Haruna Niyonzima yasubiye muri AS Kigali ku nshuro ya gatatu
Haruna Niyonzima yanyuze muri Rayon Sports iminsi 52 gusa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .