Mu kwezi gushize kwa Nyakanga 2026, ni bwo iyi kipe yo muri Sudani yatangaje ko yahaye akazi umutoza mushya w’ikipe ya kabiri n’amakipe yayo yose y’abato, uzayitoza mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27.
Mu gihe iyi kipe yari mu myiteguro mu Rwanda, uyu mutoza yahawe ikipe nkuru, kuko yari igishakisha Umutoza Mukuru uzasimbura Laurențiu Reghecampf watandukanye na yo nyuma y’umwaka w’imikino wa 2025/26.
Uyu mugabo yari umwe mu bari bafite amahirwe yo kwegukana irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 ryabereye mu Rwanda, ariko acyura umwanya wa gatatu, abuzwa na Rayon Sports yahozemo kugera ku mukino wa nyuma.
Nyuma y’igihe gito hatangajwe Umutoza Mukuru wa Al Hilal SC ya mbere, Josef Zinnbauer wo mu Budage, Guy Bukasa ari gutekereza gushaka akandi kazi kuko atifuza gukomeza gutoza amakipe y’abato.
Bukasa yahawe akazi muri iyi kipe yo muri Sudani, yari asanzwe ari Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu ya RDC y’abatarengeje imyaka 23, akaba yarayigezemo mu 2025 avuye muri St-Éloi Lupopo.
Al Hilal SC ya kabiri ikina Shampiyona yo muri Sudani mu gihe inkuru iba iri gukina Shampiyona y’u Rwanda, ariko inakina amarushanwa ya CAF Champions League.
Iyi kipe ni yo yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda cya 2025/26, nyuma yo kugira amanota 75, ikarusha arindwi APR FC yabaye iya kabiri ikegukana igikombe mu makipe yo mu Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!