00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gutungurana mu bakinnyi 26 bazakinira u Bufaransa mu Gikombe cy’Isi cya 2026

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 May 2026 saa 10:46
Yasuwe :

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Didier Deschamps, yatangaje abakinnyi 26 azifashisha mu Gikombe cy’Isi kizaba mu mpeshyi aho ubusatirizi bwe buzaba buyobowe na Kylian Mbappé ndetse na Ousmane Dembélé ufite Ballon d’Or iheruka.

Olivier Giroud winjije ibitego 57, ni we mukinnyi urusha Mbappé ufite ibitego 56 mu Ikipe y’u Bufaransa ndetse uyu rutahizamu wa Real Madrid yitezweho kuzaba Kapiteni w’iki gihugu nubwo amaze iminsi yugarijwe n’imvune.

Dembélé we yatsinze ibitego 35 anatwarana UEFA Champions League na Paris Saint-Germain mu mwaka w’imikino ushize, aho yabaye umukinnyi wa mbere w’Umufaransa wegukanye Ballon d’Or muri iki kinyejana, ariko ntarinjiza igitego mu Gikombe cy’Isi yitabiriye inshuro ebyiri ziheruka.

Abandi bakinnyi basatira Didier Deschamps yitabaje ni Michael Olise ukinira Bayern Munich na Désiré Doué ukinana na Dembélé muri PSG mu gihe Rayan Cherki wa Manchester City na myugariro William Saliba wa Arsenal na bo bari mu bakinnyi barindwi bo muri Premier League bahamagawe.

Lucas Hernández ukina inyuma ku ruhande rw’ibumoso na N’Golo Kanté ukina hagati, biyongereye kuri Mbappé na Dembélé mu bakinnyi bane batwaye Igikombe cy’Isi cya 2018 bongeye guhamagarwa.

Deschamps wafashije u Bufaransa gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi inshuro ebyiri ziheruka, yatunguranye kandi asiga Eduardo Camavinga wa Real Madrid na Randal Kolo Muani wa Tottenham, bombi yari yahamagaye mu 2022.

Umunyezamu wa PSG, Lucas Chevalier, na we ntiyahamagawe mu gihe Umunyezamu wa Lens, Robin Risser, utari warigeze ahamagarwa na rimwe, yagiriwe icyizere yiyongera kuri Mike Maignan na Brice Samba.

Ni mu gihe Hugo Ekitike wa Liverpool ari mu bakinnyi benshi batahamagawe kubera imvune yagize muri Mata.

U Bufaransa buzatangira imikino yabwo buhura na Sénégal ku wa 16 Kamena, bukomereze kuri Iraq ku wa 22 Kamena mu gihe buzasoreza imikino yo mu Itsinda I kuri Norvège ku wa 26 Kamena.

Ikipe yose y’u Bufaransa yahamagawe:

Abanyezamu: Mike Maignan (AC Milan), Robin Risser (Lens) na Brice Samba (Rennes).

Ba myugariro: Lucas Digne (Aston Villa), Malo Gusto (Chelsea), Lucas Hernández (Paris St-Germain), Theo Hernandez (Al Hilal), Ibrahima Konate (Liverpool), Maxence Lacroix (Crystal Palace), Jules Koundé (Barcelone), William Saliba (Arsenal) na Dayot Upamenaco (Bayern Munich).

Abakina hagati: N’Golo Kanté (Fenerbache), Manu Kone (Roma), Adrien Rabiot (AC Milan), Aurelien Tchouameni (Real Madrid) na Warren Zaire-Emery (Paris St-Germain).

Ba rutahizamu: Maghnes Akliouche (Monaco), Bradley Barcola (Paris St-Germain), Rayan Cherki (Man City), Ousmane Dembélé (Paris St-Germain), Désiré Doué (Paris St-Germain), Michael Olise (Bayern Munich), Kylian Mbappé (Real Madrid), Jean-Phillipe Mateta (Crystal Palace) na Marcus Thuram (Inter Milan).

Kylian Mbappé na Ousmane Dembélé bitezweho kuyobora ubusatirizi bw'u Bufaransa mu Gikombe cy'Isi cya 2026

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages