Ni igikorwa cyabaye mu ku wa Kane, tariki ya 30 Mata 2026, ku kibuga cy’imyitozo cy’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu giherereye mu Karere ka Rulindo, i Shyorongi.
Gen Mubarakh Muganga usanzwe ari n’Umuyobozi w’Icyubahiro wa APR FC, yibukije abakinnyi ko bagomba gukinana umutima nk’uw’Ingabo z’Igihugu, kandi ntibirare bashingiye ku mikino iheruka batsinze Gikundiro.
Ati “Naje kureba uko mumeze mvuye mu yindi mirimo. Murabizi ko hirya no hino ku Isi tuhafite ingabo, yaba muri Mozambique, muri Centrafrique, muri Sudani na ho ni uko, kandi hose twitwara neza. Hariya mu kibuga namwe muba muri ingabo, namwe nimubigenze gutyo.”
“Ikipe mugiye guhura na yo mumaze kuyitsinda inshuro eshatu zikurikiranya, ariko ibyo ni iby’ahahise. Murebe ibiri imbere kandi icyizere turakibafitiye. Mutsinde umukino, mwirinde amakosa ubundi tuzashyiremo amanota 11. Tubari inyuma, abafana babari inyuma, twese dutegereje uriya munsi. Amahirwe masa.”
Umukino w’Umunsi wa 29 wa Shampiyona y’u Rwanda uzahuza APR FC na Rayon Sports uzabera kuri Stade Amahoro, ku wa Gatandatu tariki ya 2 Mata 2026.
Kugeza ubu Gikundiro izakira umukino iri ku mwanya wa kane mu mikino 28 imaze gukinwa, aho ifite amanota 47 ikarushwa umunani n’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu iri ku mwanya wa kabiri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!