00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FIFA yasabye ibisobanuro ku ihagarikwa rya Hussein Mohammed uhagarariye Ruhago muri Kenya

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 26 April 2026 saa 01:40
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ryandikiye Ishyirahamwe rya Ruhago muri Kenya (FKF), risaba ibisobanuro Komite Nyobozi yeguje uwari Perezida wayo, Hussein Mohammed, ushinjwa kunyereza miliyoni 47 y’Amashilingi ya Kenya.

Ibaruwa yo kuri iki Cyumweru, tariki ya 26 Mata 2026, yanditswe n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Amashyirahamwe ya Ruhago muri FIFA, Elkhan Mammadov, imenyeshwa Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF).

Ku wa Gatanu, tariki ya 24 Mata, ni bwo Komite Nyobozi ya FKF yahagaritse Hussein Mohammed, imushinja kuba hari amafaranga yo mu Irushanwa rihuza Amakipe y’Ibihugu muri Afurika (CHAN).

Bivugwa ko mu mafaranga yari agenewe ubwishingizi yanyerejemo agera kuri miliyoni 42 y’Amashilingi ya Kenya [474.135.931 Frw], ari na cyo cyatumye yeguzwa.

Gusa Hussein Mohammed yanze kuva kuri uyu mwanya, agaragaza ko yakuweho mu buryo budakurikije ari na yo mpamvu FIFA yinjiye muri iki kibazo.

FIFA yagaragaje ko nyuma yo kwiga kuri iki kibazo yasanze hari ibisobanuro ikeneye bitarenze tariki ya 1 Gicurasi 2026. Harimo gutanga amakuru ahagije kajyanye n’Ingingo za 38, 40 na 41 mu mategeko ya FKF zagendeweho ahagarikwa.

Bagomba no gutanga ibisobanuro Hussein Mohammed, Abdullahi Yusuf Ibrahim na Dennis Gicheru bagejeje kuri Komite Nyobozi ubwo basobanuraga ibyo bakekwaho.

FIFA kandi yasabye ko Komite Nyobozi yohereza ibimenyetso byose bigaragaza uko mutungo wanyerejwe, yaba mu nyandiko, mu majwi cyangwa izindi nzira zose.

FKF iri kuyoborwa na McDonald Mariga wari wungirije Hussein Mohammed.

FIFA yasabye ibisobanuro ku ihagarikwa rya Hussein Mohammed ku mwanya w'ubuyobozi bwa FKF

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages