Icyemezo cya FIFA cyo kwemerera Balogun gukina umukino wa 1/8 wahuje Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bubiligi cyateje impaka nyinshi mu mupira w’amaguru ku Isi, aho benshi bagaragaje ko gishobora gutuma andi makipe na yo asaba ko ibihano by’abakinnyi bayo bisubirwamo.
Balogun yari yahawe ikarita itukura ubwo Amerika yakinaga na Bosnie & Herzégovine, bikaba byari biteganyijwe ko atazagaragara mu mukino wa 1/8 cy’Igikombe cy’Isi wahuje Amerika n’u Bubiligi mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri.
Gusa ku Cyumweru, FIFA yafashe icyemezo cyo gusubika icyo gihano mu gihe cy’umwaka umwe, bituma uyu mukinnyi abona uburenganzira bwo gukina uwo mukino yakinnyemo iminota yose.
Iki cyemezo cyarushijeho guteza impaka nyuma y’uko Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, avuze ko yari yaganiriye kuri icyo kibazo na Perezida wa Amerika, Donald Trump, mbere y’uko igihano gisubikwa.
Infantino yavuze ko yabwiye Trump ko icyemezo cya nyuma kizafatwa n’inzego zigenga zishinzwe imyitwarire muri FIFA. Ku rundi ruhande, Trump yabwiye abanyamakuru ko uruhare rwe rwatumye FIFA isuzuma ikarita yahawe umukinnyi, ariko ahakana ko yaba yarasabye umwanzuro runaka.
Nyuma y’icyo cyemezo cya FIFA, u Bufaransa na bwo bwatanze ubusabe bwo gukurirwaho ikarita y’umuhondo yahawe Michael Olise.
Olise yayiherewe mu mukino wa 1/16 u Bufaransa bwatsinzemo Paraguay igitego 1-0, cyatsinzwe na Kylian Mbappé kuri penaliti mu gice cya kabiri. Iyi karita yayibonye nyuma yo gushyamirana na Matías Galarza wa Paraguay.
Amashusho agaragaza ko Olise ashobora kuba atarakoze ikosa rikomeye, ahubwo ko yari yafashe ku myenda ya Galarza ubwo bari bahanganye.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bufaransa (FFF) ryasabye FIFA gukuraho iyo karita kugira ngo Olise atazagira ikibazo cyo gusiba umukino mu gihe yakongera kubona indi karita mu mukino uzakurikiraho. U Bufaransa buzahura na Maroc mu mukino wa 1/4 uzaba ku wa Kane.
U Bwongereza na bwo buri gusuzuma niba bwatanga ubujurire muri FIFA busaba ko ikarita itukura yahawe Jarell Quansah ikurwaho.
Quansah yahawe ikarita itukura ku munota wa 54 w’umukino u Bwongereza bwatsinzemo Mexique ibitego 3-2, nyuma yo gukorera ikosa rikomeye Jesús Gallardo.
Ni ikosa ryashyizwe mu cyiciro cy’amakosa akomeye, ibishobora gutuma uyu myugariro wa Bayer Leverkusen ahanishwa kudakina imikino ibiri iri imbere.
U Bwongereza buzahura na Norvège mu mukino wa ¼ uzabera i Miami ku wa Gatandatu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!