00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FIFA Club World Cup: PSG yageze ku mukino wa nyuma inyagiye Real Madrid

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 July 2025 saa 11:29
Yasuwe :

Paris Saint-Germain yanyagiye Real Madrid ibitego 4-0, isanga Chelsea ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe uzakinwa ku Cyumweru.

Uyu mukino wa 1/2 wabereye kuri MetLife Stadium muri Leta ya New Jersey, warebwe n’abafana basaga ibihumbi 77.

Real Madrid yatangiranye amakosa mu bwugarizi, byatumye umunyezamu wayo Thibaut Courtois akuramo imipira ibiri ikomeye mu minota itanu ya mbere.

Bidatinze Paris Saint-Germain yafunguye amazamu ku munota wa gatandatu, ku gitego cyatsinzwe na Fabián Ruiz waherejwe na Ousmane Dembélé.

Nyuma y’iminota ibiri, ubwugarizi bwa Real Madrid bwongeye gukora amakosa maze Dembélé abutwara umupira, atsinda igitego cya kabiri.

Real Madrid yahise ijya ku gitutu cyo kwishyura hakiri kare, yatsinzwe igitego cya gatatu cyinjijwe na Fabián Luiz nyuma yo guherezwa na Achraf Hakim ku munota wa 24.

Gonçalo Ramos ni we watsinze agashinguracumu ku munota wa 87, afasha Paris Saint-Germain kugera ku mukino wa nyuma itsinze ibitego 4-0 ndetse izahura na Chelsea FC ku Cyumweru, yo yasezereye Fluminense muri 1/2.

Fabian Ruiz yatsinze ibitego bibiri mu gice cya mbere
Ousmane Dembélé yishimira igitego yatsinze
Byari ibyishimo ku bafana ba Paris Saint-Germain
Luka Modrić yagiye mu kibuga asimbuye mu gice cya kabiri
Modrić yakinnye umukino we wa nyuma muri Real Madrid mbere yo kwerekeza muri Milan AC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages