00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Fiacre na Gilbert bari hejuru, ba myugariro biranga: Amanota y’abakinnyi b’Amavubi kuri Nigeria

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 22 March 2025 saa 12:19
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ yatsinzwe na Nigeria ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa gatanu wo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi wabereye muri Stade Amahoro ku wa Gatanu.

Gutsindwa kw’Amavubi byatumye atakaza imyanya ibiri ku rutonde rw’uko amakipe akurikiranye mu Itsinda C, dore ko Bénin zanganyaga amanota yanganyije na Zimbabwe ibitego 2-2 mu gihe Afurika y’Epfo yatsinze Lesotho ibitego 2-0 igafata umwanya wa mbere.

Kuri ubu Amavubi agomba gukora ibishoboka ngo yisubize icyubahiro ku mukino afitanye na Lesotho ku wa Kabiri, tariki ya 25 Werurwe 2025.

Dore amanota IGIHE yahaye abakinnyi bakinnye uyu mukino ku ruhande rw’Amavubi:

Ntwari Fiacre- 7: Umunyezamu utagikina muri Kaizer Chiefs, ntacyo yari bukore ku bitego bibiri u Rwanda rwatsinzwe, gusa yagerageje kugumisha u Rwanda mu mukino ubwo yakuragamo umupira wa Moses Simon mu gice cya mbere.

Fitina Omborenga- 5: Myugariro wa Rayon Sports ni umwe mu batitwaye neza haba mu bwugarizi ndetse no mu busatirizi. Ubanza ari yo mpamvu hahise hahamagarwa undi myugariro ku mwanya we.

Mutsinzi Ange- 6: Uyu musore ni we wagerageje kwitwara neza muri ba myugariro ndetse nyuma y’umukino yahawe impano na rutahizamu wa Nigeria, Victor Osimhen. Mutsinzi ariko ntiyashoboye gusuburamo ibyo yari yarakoze ku yindi mikino yahuje Amavubi na Super Eagles.

Manzi Thierry- 3 Biragoye kubona icyiza uyu musore yakoze ku mukino wa Nigeria. Ibitego byombi ni we byaturutseho kuko ni we wari ushinzwe kurinda Osimhen ku gitego cya mbere, mu gihe icya kabiri ari nk’impano yihereye rutahizamu wa Galatasaray.

Niyomugabo Claude- 4: Kapiteni wa APR FC, umukino waramurenze muri rusange. Abanyarwanda babuze cyane Imanishimwe Emmanuel Mangwende washoboraga kugira icyo ahindura muri uyu mukino, ariko ntiyahamagawe kubera imvune.

Mugisha Bonheur- 6: Uyu musore bamwe bita Casemiro ntako atagize ngo ahangane n’abakina hagati ba Nigeria, gusa na we ntiyari ku rwego rw’imikino ibanza.

Bizimana Djihad- 7: Kapiteni w’Amavubi benshi bibaza impamvu yagarutse muri Afurika kuko yabanzamo hafi mu makipe yose muri Afurika. Yongeye kwerekana impamvu Nigeria yari yavuze ko ari we mukinnyi ukomeye Amavubi agira.

Hakim Sahabo- 5: Frank Trosten yari yaramusize ariko na we nta cyo yerekanye kigaragaza ko Abanyarwanda bari bamukumbuye. Ni we wagombaga gushyira igitutu kuri ba myugariro ba Nigeria ariko ntabyo yakoze.

Jojea Kwizera- 5: Uyu musore niba umutoza Amrouche azirikarana, yakabaye akina ku mwanya wa myugariro w’ibumoso nk’uko asigaye abikora mu ikipe ye. Ibi byaziba icyuho cya Mangwende ndetse bigafasha mu busatirizi, umwanya we ugakinaho undi mukinnyi.

Samuel Gueulette- 5: Kimwe mu byo benshi batemeranyijeho na Adel Amrouche ni ugusimbuza Gueulette mbere y’abandi. Yahinduriwe umwanya bitavugwaho rumwe, mu gihe yagiye kenshi asaba imipira akabura uyimuha.

Nshuti Innocent- 4: ’Pasteur’ Nshuti yoroheye anorohereza ubwugarizi bwa Nigeria kwidagaduraga nkaho nta rutahizamu Amavubi afite.

Abasimbura

Mugisha Gilbert -7: Uyu musore utakibona umwanya ubanzamo muri APR FC ubanza yarandikiwe Amavubi. Nyuma yo kwinjira mu kibuga kwe, ni bwo Ikipe y’Igihugu yatangiye gusatira ndetse amashoti yose yagiye mu izamu rya Nigeria ni we wayateye.

Muhire Kevin- 6: Yagerageje kwitwara neza mu minota yakinnye ariko na we amahirwe yabonye hafi y’urubuga rw’amahina ntabwo yayabyaje umusaruro.

Ruboneka Bosco na Habimana Yves bakinnye iminota mike.

Umutoza

Adel Amrouche- 6: Biragoye kuvuga umutoza ku mukino we wa mbere, gusa ntabwo yemeje Abanyarwanda cyane cyane ku bijyanye n’amahitamo y’imikinishirize y’ababanjemo. Abenshi bamutegereje kuri Lesotho.

Perezida Kagame na Madamu Jeanette Kagame bari mu bitabiriye uyu mukino
Stade Amahoro yakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza, yari yakubise yuzuye
Niyomugabo Claude yatumye Abanyarwanda bakumbura Mangwende batari bumubone
Rutahizamu wa Galatasaray, Victor Osimhen, ni we wabaye umukinnyi w'umukino
Mugisha Bonheur yagerageje guhangana na Nigeria yari ihagaze neza mu kibuga hagati
Hakim Sahabo ntiyatanze ibyo yari ategerejweho ku mukino wa Nigeria
Kwizera Jojea ari gusabirwa guhindura umwanya mu Ikipe y'Igihugu
Kapiteni w'Amavubi, Bizimana Djihad, yongeye kugaragaza urwego rwo hejuru
Victor Osimhen yagoye Manzi Thierry mu mukino wo ku wa Gatanu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .