00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FERWAFA yijeje gushyigikira Al-Hilal SC ishaka gukora amateka muri CAF Champions League

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 March 2026 saa 07:57
Yasuwe :

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yijeje gushyigikira Ikipe ya Al-Hilal SC kugira ngo izitware neza mu mukino wa ¼ wo kwishyura izahuramo na RS Berkane ku Cyumweru, muri Stade Amahoro.

Uyu mukino uzabera i Kigali guhera Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba, nyuma y’uko ubanza wabereye muri Maroc warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Al-Hilal SC yo muri Sudani, iri gukina muri Shampiyona y’u Rwanda muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26 ndetse ikaba yakirira imikino yayo mpuzamahanga muri Stade Amahoro, izaba ishaka kugera muri ½ cya CAF Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Ni ubwa mbere mu mateka y’umupira w’amaguru mu Rwanda hagiye kubera umukino wa ¼ cy’iri rushanwa rikuru rihuza amakipe ku Mugabane wa Afurika.

Mu gihe habura iminsi itatu ngo umukino ube, Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yasuye Al-Hilal SC ku myitozo yo ku wa Gatatu, aganira n’abayobozi bayo barimo Atef Al-Nour ushinzwe umupira w’amaguru muri iyi kipe.

Umuyobozi wa FERWAFA yavuze ko “kwitwara neza neza kwa Al-Hilal ari ishema ku Rwanda na Sudani” ndetse yizeza ubufasha bwose ikipe izakenera kugira ngo izakinire mu mwuka mwiza ku Cyumweru.

Al-Hilal SC yatsinze imikino itatu yose yakiniye muri Stade Amahoro mu matsinda ya CAF Champions League (2-1 vs MC Alger, 2-1 vs Mamelodi Sundwons na 1-0 vs St Eloi Lupopo).

Ibiciro byo kwinjira ku mukino wo ku Cyumweru ni 2000 Frw mu myanya isanzwe hasi no hejuru, 15000 Frw muri VIP, 50.000 Frw muri VVIP, 100.000 Frw muri Executive Seats na miliyoni 1 Frw muri Skybox. Ni mu gihe amatike agurirwa kuri *939*3*2# no kuri sportspass.rw.

Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, aganira na Atef Al-Nour ushinzwe umupira w’amaguru muri Al-Hilal SC ku myitozo yo ku wa Gatatu
Al-Hilal SC iri kwitegura umukino wo kwishyura wa 1/4 cya CAF Champions League izakiramo RS Berkane ku Cyumweru Saa 18:00
Girumugisha Jean Claude ni umwe mu bakinnyi Al-Hilal SC igenderaho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages