00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FERWAFA yateye intambwe yatuma CAF yemera Stade ya Huye (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 4 Gashyantare 2023 saa 11:50
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryafashe amashusho n’amafoto azoherezwa muri CAF kugira ngo Stade ya Huye yemererwe kwakira umukino w’Umunsi wa Kane w’Amatsinda yo gushaka itike ya CAN 2023 uzahuza u Rwanda na Bénin muri Weruwe.

Uyu mukino wo mu Itsinda L uzaba tariki ya 28 Werurwe, icyumweru kimwe nyuma yo gukina uw’Umunsi wa Gatatu uzabera i Cotonou.

Kugeza ubu ntibiramenyekana aho umukino u Rwanda ruzakira, uzabera, kuko Stade ya Huye rumaze iminsi rwakiriraho amarushanwa, ntiri mu bibuga byemewe na CAF ku Munsi wa Gatatu n’uwa Kane w’amajonjora ya CAN 2023.

Mu rwego rwo gushaka uburyo iki kibuga cyo mu Majyepfo cyakwemererwa kwakira umukino wa Bénin, FERWAFA yafashe amafoto n’amashusho azohererezwa Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika, CAF.

Ku wa Gatanu, tariki ya 3 Gicurasi, ni bwo itsinda ririmo Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Muhire Henry, abayobora Komisiyo y’Amarushanwa yayo n’abafata amashusho n’amafoto, ryagiye kuri Stade ya Huye.

FERWAFA yavuze ko “ basuye Stade ya Huye mu rwego rwo kunoza raporo iherekejwe n’amashusho ikoherezwa CAF nk’uko ibisaba mbere yo gutanga uburenganzira bwo kuhakinira umukino w’Umunsi wa Kane w’amajonjora ya CAN 2023.”

Yakomeje igira iti “Hagendewe ku bisabwa n’amabwiriza yo muri 2022 yo kwemeza ibibuga bikinirwaho amarushanwa ya CAF, Federasiyo isabwa kohereza raporo y’ibanze muri CAF iherekejwe n’amashusho ishobora gushingiraho igatanga uburenganzira bwo kuhakinira umukino runaka bitewe n’urwego rw’irushanwa.”

Stade ya Huye ni cyo kibuga kiri ku rwego mpuzamahanga u Rwanda rufite. Ni nyuma y’uko Stade ya Kigali iri kuvugururwa mu gihe Stade Amahoro iri kwagurwa ngo izagere ku rwego rwo kwakira abantu ibihumbi 45 mu 2024.

Gusa, kuba imirimo yo kuvugurura iki kibuga cyo mu Majyepfo yari itararangira muri Gicurasi, byatumye u Rwanda rwakirira Sénégal i Dakar tariki ya 7 Kamena mu mukino w’Umunsi wa kabiri wo mu Itsinda L.

Umukino w’Umunsi wa mbere wari wakiriwe na Mozambique, ariko kuko na yo itari ifite ikibuga cyemewe, wabereye muri Afurika y’Epfo.

FERWAFA ifite kugeza tariki ya 7 Gashyantare ikaba yamaze gutanga raporo igaragaza ko Stade ya Huye yakwakira umukino wa Bénin, igisubizo cya nyuma kigatangwa na CAF.

Stade Huye yari imaze iminsi yifashishwa mu mikino mpuzamahanga kuva muri Nzeri 2022, yakiniweho irimo uw’u Rwanda rwakiriyemo Ethiopie mu majonjora ya CHAN, uwo rwakiriyemo Libye na Mali mu gushaka itike ya CAN 2023 y’Abatarengeje imyaka 23 n’iyo APR FC na AS Kigali zakinnye mu marushanwa Nyafurika.

Yakiniweho kandi umukino Sudani y’Epfo yakiriyemo Tanzanie mu gushaka itike ya CAN 2023 mu batarengeje imyaka 23.

Imikino yo gushaka itike ya CHAN n’iyo gushaka itike ya CAN, yose iba mu cyiciro kimwe cya gatatu ku buryo biha amahirwe u Rwanda ko rwakwakirira Bénin i Huye.

Itsinda ry'abayobozi muri FERWAFA ryasuye Stade ya Huye ku wa Gatanu
Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Muhire Henry, ubwo yari kuri Stade ya Huye kugira ngo hakorwe raporo izaherekeza amafoto n'amashusho yafashwe
Mu birebwaho na CAF, harimo amatara ya stade
Stade ya Huye ni yo imaze iminsi ikinirwaho imikino mpuzamahanga u Rwanda rwakira
Raporo ya FERWAFA ni yo izashingirwaho na CAF mu kugena niba umukino u Rwanda ruzahuramo na Bénin wabera i Huye muri Werurwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .