00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 15 March 2019 saa 08:42
Yasuwe :

Arsenal ni imwe mu makipe umunani yaraye abonye itike yo gukina imikino ya ¼ cya Europa League ubwo yasezereraga Stade Rennais iyitsinze ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura, ni nyuma y’uko basabwaga nibura itsinzi ya 2-0.

Mbere uyu mukino, abenshi bibazaga niba koko Arsenal ishobora gusezerera iyi kipe yo mu Bufaransa yari yayitsinze ibitego 3-1 mu mukino ubanza. Kongera kwakira rutahizamu Alexandre Lacazette wagabanyirijwe ibihano kubera ikarita itukura yabonye, agasiba imikino ibiri gusa, na byo byahaye imbaraga iyi kipe yo mu Bwongereza yari imbere y’abafana bayo.

Arsenal yatangiye umukino iri hejuru, isatira bikomeye ikipe ya Rennes. Ntabwo ibirori kuri Emirates Stadium byatinze kuko ku munota wa kane gusa, Pierre-Emerick Aubameyang yafunguye amazamu ku mupira wari uturutse mu ruhande rw’iburyo uhinduwe na Mesut Özil, usanga Aaron Ramsey wawukozeho gato, maze Aubameyang akozaho ikirenge ujya mu izamu.

Mu minota 15 gusa, Arsenal yari imaze gukora ibyo isabwa kugira ngo ikomeze muri ¼ cya Europa League dore ko Maitland-Niles yatsinze igitego cya kabiri ku mupira wahinduwe na Aubameyang, ashyiraho umutwe, umunyezamu wa Rennes Tomas Koubek ntiyagira icyo abasha kubikora.

Stade Rennes yagerageje gusatira Arsenal mu gice cya kabiri, bateye umupira mu izamu ugarurwa n’ipoto mu gihe ubundi buryo bwinshi babonye bwagiye busubizwa inyuma n’umusifuzi wo ku ruhande wavugaga ko baraririye.

Kwinjiza mu kibuga abakinnyi barimo Henrikh Mkhitaryan na Alex Iwobi, byongereye imbaraga Arsenal yari mu rugo, iza no kubona igitego cya gatatu ku munota wa 72 gitsinzwe na Aubameyang ku mupira wahinduwe na Sead Kolasinac.

Mu minota ya nyuma, Aubameyang yahawe imipira ibiri yashoboraga gutsinda na none, ariko agerageje kuroba umunyezamu Koubek, yombi ijya hanze. Umukino warangiye Arsenal ikomeje ku bitego 4-3.

Mu yindi mikio yabaye, Olivier Giroud yafashije Chelsea gukomeza muri ¼ cy’iri rushanwa rya Europa League, banyagira Dynamo Kyiv bayisanze iwayo ibitego 5-0. Giroud yatsinzemo ibitego bitatu, Callum Hudson-Odoi na Marcos Alonso batsinda ibindi. Chelsea yari yatsinze ibitego 3-0 mu mukino ubanza.

Uko imikino ya 1/8 cya Europa League yarangiye

Arsenal 3-0 Rennes (agg: 4-3)

Benfica 3-0 Dinamo Zagreb (aet, agg: 3-1)

Dynamo Kyiv 0-5 Chelsea (agg: 0-8)

Internazionale 0-1 Frankfurt (agg: 0-1)

Krasnodar 1-1 Valencia (agg: 2-3)

Salzburg 3-1 Napoli (agg: 3-4)

Slavia Praha 4-3 Sevilla (aet, agg: 6-5)

Villarreal 2-1 Zenit (agg: 5-2)

Amakipe yakomeje ari yo: Arsenal na Chelsea (mu Bwongereza) , Napoli (mu Butaliyani), Villarreal (Espagne), Benfica (Portugal), Valencia (Espagne), Slavia Praha (Repubulika ya Tcheque) na Frankfurt (mu Budage) ziramenya uko zizahura muri ¼ nyuma ya tombora iba kuri uyu wa Gatanu i Nyon mu Busuwisi guhera saa 14:00.

Arsenal yizeye ko ishobora gukomeza hakiri kare
Aubameyang ukomoka muri Gabon, akimara gutsinda igitego cya gatatu yambaye masike anishimira igitego mu buryo bwa Wakanda Forever
Aubameyang wishimiye igitego mu buryo bwa Wakanda muri filimi ya Black Panther, yahise aza gushimirwa na bagenzi
Aubameyanga yafunguye amazamu ku munota wa kane w'umukino
Giroud na Willian bishimira igitego cya gatatu
Hatem Ben Arfa wakiniye Newcastle yari yagarutse mu Bwongereza ari kumwe n'ikpe ya Rennes
Igitego cya kabiri cyashegeshe abakinnyi ba Rennes kuko ku munota wa 15 bari bamaze gusezererwa n'ubwo umukino wari ugikomeza
Julien Stephan utoza Rennes na Unai Emery wa Arsenal basuhuzanya
Maitland-Niles atsinda igitego cya kabiri cya Arsenal n'umutwe
Mesut Ozil aserebeka kugira ngo atware umupira Clement Grenier wa Rennes
Olivier Giroud yatsinze igitego cya gatatu mu mukino ku mupira wari utewe na Willian ahana ikosa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages