Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade ya Ngoma, witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice n’abayobozi bo mu turere dutandukanye turimo Kayonza, Kirehe, Ngoma na Rwamagana dusanzwe dufasha aya makipe yombi.
Warimo guhangana gukomeye ndetse watangiye hishyuzwa ibiciro bitamenyerewe mu Cyiciro cya Kabiri, aho kwinjira byari ibihumbi 10 Frw mu myanya y’icyubahiro, 5000 Frw ahatwikiriye na 3000 Frw ahasigaye hose.
Umukino warangiye Ikipe ya Etoile de l’Est itsinze ibitego 2-0 byose byatsinzwe n’umusore w’imyaka 18, Muhoza Daniel.
Umutoza wa Etoile de l’Est, Hitabatuma Nkotanyi, yavuze ko ashimira Imana yabafashije gutsinda uyu mukino, yongeraho ko bakoresheje uburyo bwo kwihuta cyane mu gihe babaga bafite umupira kandi bakawukoresha batera mu izamu.
Ati “Ubu dufite ibitego 2-0 byo hanze, dufite icyizere cyinshi, abafana nibaze ari benshi, umukino wo kwishyura uzaba ukomeye cyane kandi turizera ko tuzatsinda.”
Umutoza wa Muhazi United, Hakizimana Fidèle, we yavuze ko mu mupira habamo amakosa ari na yo bakoze bituma batsindwa ibitego bibiri.
Yavuze kandi ko mu mukino utaha gutsinda bigishoboka mu gihe bakoresheje neza amahirwe babona imbere y’izamu, ashimangira ko kuba badakinira imbere y’abafana babo bituma batitwara neza.
Ati “Birumvikana erega buriya kudakinira imbere y’abafana bacu bigomba kutugiraho ingaruka, nka 60% ntabwo ari byiza, buriya umukinnyi, umutoza n’abafana bose bakorera hamwe ngo babone intsinzi.”
Abafana bijujutiye ibiciro byo kwinjira karahava
Bamwe mu bafana bitabiriye uyu mukino, abenshi baheze hanze nyuma yo gusanga ibiciro byikubye inshuro esheshatu. Ubusanzwe abafana barebera ubuntu imikino y’Icyiciro cya Kabiri cyangwa bakishyuzwa 500 Frw.
Uyu mukino Muhazi United yari yawushyize ku 3000 Frw ahasigaye hose, ibyatumye urebwa n’abafana mbarwa, abandi benshi basigara barebera inyuma y’igipangu kuko buriye ibiti.
Uwimana Charlotte yagize ati “Ntabwo byumvikana ukuntu umukino wo mu Cyiciro cya Kabiri bawishyuza 3000 Frw, no mu Cyiciro cya Mbere ayo mafaranga yishyuzwa hake hashoboka, rwose twabanenze ababikoze ni ukutubuza kureba umupira.”
Nzabazengereza Pascal we yagize ati “Njye byantangaje ukuntu banyishyuje 3000 Frw Muhazi United nayikundaga ariko nayirakariye rwose, amafaranga bishyuje ni menshi cyane.”
Biteganyijwe ko umukino wo kwishyura uzabera kuri Stade ya Ngoma tariki ya 18 Mata 2026.
Mu yindi mikino yakinwe kuri uyu wa Gatandatu, Intare FC yatsinze Sina Gerard FC ibitego 2-0, Nkombo FC itsindwa na Sunrise FC igitego 1-0 mu gihe Espoir FC yanganyije na Unity FC igitego 1-1.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!