00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Etincelles FC igiye gusezerera umutoza ishinja guta akazi

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 20 December 2024 saa 12:36
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles FC, bwatangaje ko buri mu biganiro bya nyuma byo kureba uburyo bwatandukana n’umutoza wayo, Nzeyimana Mailo nyuma yo guta akazi adasabye uruhushya ndetse ntasubize amabaruwa yandikiwe.

Nzeyimana Mailo ukomoka i Burundi, yageze muri Etincelles uyu mwaka wa Shampiyona, aho yari yasabwe gutwara kimwe mu bikombe bikinirwa, ndetse agafasha iyi kipe yo mu Karere ka Rubavu kongera kugarura izina muri ruhago y’ u Rwanda.

Uretse kuba umusaruro mu kibuga yaraje kuwubura, byanarangiye uyu mutoza ataye ikipe, asubira iwabo aho amakuru amwe avuga ko yagiye kwivuza, mu gihe ubuyobozi butangaza ko bwamwandikiye ubugira kabiri adasubiza nk’uko Ndagijimana Enock yabidutangarije.

Yagize ati “Twamwandikiye amabaruwa abiri adasubiza bityo twamufashe nk’aho yataye akazi. Turi kureba uburyo twamusezerera dukurikije icyo amategeko ateganya.”

Amakuru IGIHE ifite ni uko nta gihindutse umutoza Nzeyimana Mailo azasimbuzwa Bizimana Abdu bakunze kwita Bekeni, uri kurangiza ibihano yahawe na Ferwafa nyuma yo gukubita umutwe Team Manager wa FC Marines, Nsengiyumva Aboubakar.

Etincelles ifite umukino w’umunsi wa 14 wa Shampiyona izahuriramo na Muhazi FC i Rubavu, ukazatozwa n’umutoza wungirije nk’uko bimaze iminsi bikorwa nyuma yo kugenda kwa Nzeyimana Mailo.

Nyuma y’imikino 13 imaze gukinwa muri Shampiyona, Etincelles FC iri ku mwanya wa 14 n’amanota 12, irusha amanota abiri Kiyovu Sports ya nyuma.

Etincelles imaze iminsi ifite ibibazo mu kibuga no hanze y'ikibuga
Nzeyimana Mailo (wa mbere iburyo) agiye gutandukana na Etincelles
Abakunzi ba Etincelles bamaze iminsi batabona ibyishimo bifuza
Bizimana Abdu bakunda kwita Bekeni ni we uhabwa amahirwe yo gutoza Etincelles

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .