Eta w’imyaka 34, wagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga ubwo yahabwaga inshingano, yagizwe Umutoza w’Agateganyo wa Union Berlin muri Mata nyuma yo kwirukanwa kwa Steffen Baumgart.
Biteganyijwe ko azakora izi nshingano kugeza ku mpera z’uyu mwaka w’imikino, mbere yo kujya gutoza ikipe y’abagore mu mwaka w’imikino utaha.
Nyuma yo gutsindwa imikino ibiri yatoje, Union yabonye inota ikina na FC Köln mu ntangiriro z’uku kwezi ndetse Eta yabwiye DAZN ko yishimiye kubona intsinzi ku mukino we wa kane.
Ati “Twashoyemo imbaraga zose, ni iby’agaciro kuba twashoboye kubona amanota atatu uyu munsi, tukagaragaza urwego ruri hejuru. Ni ingenzi no kuri njye.”
Union Berlin izahura Augsburg ku wa Gatandatu mu mukino usoza umwaka wayo w’imikino.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!