00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Elye Wahi wa Côte d’Ivoire yaketsweho kugurisha imikino

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 17 June 2026 saa 07:21
Yasuwe :

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire, Elye Wahi, yaketsweho kugurisha imikino mu ikipe ye ya Nice yo mu Bufaransa, ndetse aranafungwa mbere yo kurekurwa akitabira Igikombe cy’Isi cya 2026.

Elye Wahi ni umwe mu bakinnyi Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire yifashishije mu mukino wa wayo wa mbere w’Igikombe cy’Isi yatsinzemo Equateur igitego 1-0, ku wa Mbere, tariki ya 15 Kamena 2026.

Mu gihe ikipe ye iri kwitegura undi mukino, ikinyamakuru The Athletic cyatangaje ko uyu mukinnyi ari gukurikiranwa mu buryo bw’amategeko kuko akekwaho kugurisha imikino.

Mu kiganiro iki kinyamakuru cyagiranye n’Umuvugizi w’Ibiro by’Ubushinjacyaha mu Mujyi wa Marseille, cyemeje ko uyu mukinnyi w’imyaka 23 yabanje gufungwa mbere yo kujya mu Ikipe y’Igihugu.

Yagize ati “Ni byo koko uyu mukinnyi w’imyaka 23 ukina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bufaransa, yafunzwe ku itariki ya 29 Gicurasi kuko hari ibyaha akurikiranyweho n’ibiro by’ubushinjacyaha by’i Marseille byo gukekwaho kugira uruhare mu buriganya, ruswa n’iyezandonke.”

“Yarekuwe na polisi nyuma yo kubazwa ku byo akurikiranyweho. Si umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa iri mu Gikombe cy’Isi.”

Bikekwa ko uyu mukinnyi yihesheje ikarita y’umuhondo yeretswe ubwo Nice yakinaga na FC Metz ku itariki ya 17 Gicurasi.

Elye Wahi akurikiranyweho kugurisha imikino

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages