Byatangajwe n’ikipe ishinzwe itangazamakuru ry’iyi kipe aho yavuze ko ari ku mpamvu zo kwirinda icyorezo cya Ebola.
Muri gahunda zari ziteganyijwe harimo ikiganiro n’abanyamakuru cy’Umutoza Sébastien Desabre, ibirori byo kwakira abakinnyi byari gukorwa na Perezida Felix Tshisekedi n’imyitozo yari kuba ifunguye ku bantu bose.
Jerry Kalemo ushinzwe Itangazamakuru mu Ikipe y’Igihugu ya RDC, yavuze ko abakinnyi bazahurira mu Bubiligi aho bazatangirira gukina imikino ya gicuti.
Umukino wa mbere uzaba tariki ya 3 Kamena aho RDC izahura na Danemark i Liège mu gihe undi uteganyijwe ku wa 9 Kamena i Marbella muri Espagne, aho bazahura na Chili.
RDC iri mu Itsinda K, izatangira Igikombe cy’Isi ihura na Portugal ya Cristiano Ronaldo ku wa 17 Kamena. Nyuma yaho izakurikizaho Colombia mbere yo gusoreza kuri Ouzbekistan.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!