Ouattara yarwariye muri CECAFA Kagame Cup yabereye muri Tanzania mu ntangiriro za Nzeri, ava mu irushanwa ritarangiye ndetse kuva icyo gihe ntiyongeye gukina.
Nyuma yo kwivuriza mu Rwanda, muri Maroc akajya n’iwabo muri Burkina Faso, kuri ubu uyu mukinnyi wageze i Kigali ku wa Gatanu, yasubukuye imyitozo.
Mu mafoto yashyizwe ahagaragara n’Ikipe ya APR FC ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, Ouattara yagaragaye yitoza wenyine ndetse yambaye inkweto zisanzwe atari izikoreshwa mu kibuga.
APR yaherukaga kuvuga ko uyu mukinnyi azatangira imyitozo tariki ya 10 Ugushyingo, ariko amakuru avuga ko mu gihe yagaragaza ko ameze neza, ashobora gukina umukino wa Rayon Sports uzaba ku wa Gatandatu.
Uyu mukino utegerejwe na benshi uzaba APR iri ku mwanya wa munani n’amanota umunani mu gihe Rayon Sports ifite amanota 13 ku mwanya wa kabiri.
Iyi kipe yambara umukara n’umweru izaba kandi yagaruye Ronald Ssekiganda utarakinnye umukino wa Rutsiro FC kubera ikarita itukura mu gihe na Bigirimana Abedi yamaze gusubukura imyitozo nyuma yo kudakina umukino Rayon Sports yatsinzemo Marine FC mu cyumweru gishize.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!