Kuri uyu wa Kane, tariki ya 6 Kanama 2026, ibitangazamakuru byo muri Espagne byatangaje ko amakipe yombi yageze ku bwumvikane bw’ibanze, aho Real Madrid ishobora kwishyura miliyoni 125€.
Ikinyamakuru MARCA cyatangaje ko kuri ayo mafaranga hashobora kongerwaho ari hagati ya miliyoni 10€ na miliyoni 15€ bitewe n’uko Diomande azitwara muri iyi kipe yo mu murwa mukuru wa Espagne.
Ibi bivuze ko agaciro k’igurwa rye gashobora kugera kuri miliyoni 140€, kakaba agahigo gashya muri Real Madrid. Gusa, kugeza ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, aya makipe yombi yari ataratangaza ku mugaragaro ko kumvikana byarangiye.
Biramutse birangiye kuri ayo mafaranga, Diomande yaba aciye ku Mwongereza Jude Bellingham waguzwe muri Borussia Dortmund mu 2023 kuri miliyoni 103€, hiyongereyeho andi mafaranga yari ashingiye ku byo yari kugeraho.
Bellingham yari yarasinye amasezerano y’imyaka itandatu muri Real Madrid, ariko igiciro cya Diomande cyaba kinini kurushaho, kikamushyira imbere y’abandi bakinnyi bahenze iyi kipe yaguze barimo Gareth Bale, Eden Hazard na Cristiano Ronaldo.
Diomande w’imyaka 19, yageze muri RB Leipzig muri Nyakanga 2025, avuye muri CD Leganés yo muri Espagne, yari imuguze nyuma yo kwigaragaza mu gihe gito.
Leipzig yamutanzeho miliyoni 20€, bivuze ko ishobora kubona inyungu irenga miliyoni 100€ nyuma y’umwaka umwe gusa.
Uyu mukinnyi wavukiye i Abidjan muri Côte d’Ivoire, yanakiniye Ikipe y’Igihugu cye mu Gikombe cy’Isi giheruka, aho cyageze muri 1/16 mbere yo gusezererwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!