00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Derby ya APR na Rayon yahereye mu igororero i Mageragere (Amafoto na Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 28 April 2026 saa 07:50
Yasuwe :

Mu gihe APR FC na Rayon Sports zikomeje kwitegura umukino w’Umunsi wa 29 wa BK Pro League, abo mu igororero rya Nyarugenge riherereye i Mageragere, uyu mukino bamaze kuwukina, amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Uyu mukino wakinwe binyuze mu makipe abarizwa muri iri gororero ariyo Esperance igereranywa na Rayon Sports na Intare igereranywa na APR FC.

Icyakora ntabwo ari ukugereranywa gusa kuko Esperance yashinzwe n’umufana wa Rayon Sports ariko iterwa inkunga n’abantu batandukanye bari mu igororero bafana Rayon Sports.

Ni mu gihe, Intare ari iy’urwego rushinzwe umutekano bita ‘Station y’Umutekano’ mu gipangu.

Muri uyu mukino waragiye ari ubusa ku busa, wagaragayemo abasanzwe bazwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda nka Muganza Isaac wakiniye Police FC na APR FC na Uwihoreye Jean Paul wamamaye cyane muri ATRACO.

Aya makipe abona abakinnyi binyuze mu kubarambagiza mu minsi 15 ya mbere bakigera mu igororero.

Muri rusange umupira w’amaguru wo mu gipangu ubarizwamo amakipe 16 arimo atandatu mu Cyiciro cyo Mbere n’andi atandatu mu cya Kabiri, mu gihe asigaye ari ay’abakuze.

Uretse Shampiyona ikinwa umwaka, haba andi marushanwa arimo ayo kwibuka, Rabagirana Ministries n’andi atandukanye.

Ntabwo ari ukurushanwa gusa kuko muri iri gororero, abahize abandi banahembwa, aho umukinnyi wahize abandi ahabwa Ballon d’Or n’ibilo bishobora kugera kuri 20 by’isukari.

Kuri ubu umukinnyi ugezweho muri iri gororero ni Iyamuremye Jean Marie Vianney uzwi nka Neymar ukinira Esperance wegukanye Ballon d’Or ebyiri ziheruka.

Ni mu gihe ikipe yegukanye Shampiyona, ihabwa igikombe ndetse n’ibilo 70 by’isukari.

Ntabwo ari umupira w’amaguru gusa kuko muri iri rerero harimo Volleyball, Basketball, Sitting Volleyball, Igisoro, Amakarita, Chess n’umukino w’agati wisangwamo na benshi.

Hirya yo gukina imikino yabo, imfungwa n’abagororwa bareba imikino kuri televiziyo zitandukanye yaba iyo mu Rwanda cyangwa iyo mu Mahanga.

Abakinnyi Esperance FC yabanje mu kibuga
Abakinnyi ba Intare babanje mu kibuga
Umuvugizi w'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), CSP Sengabo Hillary Emmanuel, asuhuza abakinnyi mbere y'umukino
Iyamuremye Jean Marie Vianney yegukanye Ballon d'Or ebyiri ziheruka
Umunyezamu wa Esperance FC akuramo umupira
Abafana ba Esperance baba bitwaje amabandera ya Rayon Sports
Umukino wa Esperance na Intare uhuruza imbaga
Uwihoreye Jean Paul wamamaye muri ATRACO atanga umupira
Muganza Isaac wakiniye APR na Police kuri ubu akinira Esperance yo mu igororero rya Nyarugenge
Umukino wa Esperance na Intare uba urimo ishyaka ryinshi
Umukino wa Esperance na Intare uhuruza imbaga
Aba-Acrobates ni bamwe usanga muri iri gororero
Agati ni umwe mu mikino yisangwamo na benshi
Abakobwa bakina Volleyball bafanwa na bagenzi babo benshi
Dame ni umwe mu mikino usanga mu igororero
Abagore banyuzamo bagakina ikarita
Ludo ni undi mukino usanga mu igororero rya Nyarugenge
Abagore babuguza
Chess ni umwe mu mikino usanga muri iri gororero

Amafoto: Kasiro Claude
Video: Ndacyayisenga Emmanuel


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages