00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Denis utoza Vipers SC yakeje Djibril Ouattara wa APR FC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 31 July 2026 saa 05:45
Yasuwe :

Umutoza wa Vipers SC, Lavagne Denis Jean, yagaragaje ko rutahizamu wa APR FC, Cheick Djibril Ouattara, ari umukinnyi ukomeye cyane ndetse yagize uruhare runini mu gutuma ikipe ye itsindwa.

Ibi yabitangaje nyuma yo gutsindwa n’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, mu mukino wa nyuma mu Itsinda A ry’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, wakiniwe kuri Stade Amahoro.

Lavagne Denis Jean watsinze ibitego 2-1 harimo icyinjijwe na Ouattara ukina asatira izamu muri APR FC, yavuze ko uyu mukinnyi yabazengereje cyane mu mukino bakinnye.

Ati “Njye ndeba abakinnyi banjye gusa ntabwo njya nita ku b’ikipe duhanganye. Ariko nkubwije ukuri nimero 10 wa APR FC [Djibril Ouattara] yatugoye. Uburyo ahagarara mu kibuga bigora ba myugariro, kuko ntumenya aho aba ahagaze.”

Nubwo APR FC yasezerewe muri iri rushanwa kubera gutsindwa ibitego byinshi, kapiteni wayo Djibril Ouattara ukomoka muri Burikina Faso, ni we kugeza ubu ufite ibitego byinshi muri CECAFA Kagame Cup 2026, aho yinjije bitatu.

Nyuma yo gusezererwa kw’ikipe ye mu irushanwa, we na bagenzi be bagiye gutangira kwitegura umwaka utaha w’imikino wa 2026/27 uzaba urimo amarushanwa akomeye nka CAF Champions League.

Lavagne Denis Jean yagowe n'ubusatirizi bwa Djibril Ouattara
Djibril Ouattara yagaragaje urwego rwiza muri CECAFA Kagame Cup 2026
Djibril Ouattara afite ibitego bitatu nubwo APR FC yasezerewe muri CECAFA Kagame Cup

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages