00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dauda Yussif wa APR yiteguye gukinira Amavubi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 4 May 2026 saa 10:47
Yasuwe :

Umunya- Ghana, Dauda Yussif Seidu ukinira APR FC yatangaje ko yiteguye gukinira Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda.

Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati yabigarutseho ubwo yari kuri live ya Tik Tok ari kumwe na mugenzi we bakinana, Mamadou Sy.

Sy wari uyoboye ikiganiro yasomye igitekerezo agira ati “Dauda ngo baragushaka mu Mavubi?”

Dauda utatinze gusubiza, yahise avuga ko yiteguye ahubwo ategereje ko bamwegera.

Ati “Nditeguye, nditeguye ndabategereje.”

Dauda ni umwe mu bakinnyi beza muri Shampiyona y’u Rwanda ndetse akunze guhurizwaho na benshi bamugira uwa mbere.

Uyu mukinnyi w’imyaka 26 ashobora gukina hagati yugarira cyangwa asatira ahazwi nka nimero umunani.

Amavubi azongera gukina muri Nzeri 2026 akina imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 kizabera muri Uganda, Kenya na Tanzania.

Dauda Yussif yavuze ko yiteguye gukinira Amavubi
Dauda ni umwe mu bakinnyi beza bari muri Shampiyona y'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages