00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Darko Nović yatangiye gutekereza umukino wa Rayon Sports

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 28 February 2025 saa 09:57
Yasuwe :

Umutoza wa APR FC, Darko Nović, yavuze ko igihe cy’ibyumweru bibiri bisigaye ngo akine na Rayon Sports FC ari umwanya mwiza wo kubyaza umusaruro imikino irimo akayitegura neza.

Ibi yabitangaje nyuma y’umukino wa ¼ cy’Igikombe cy’Amahoro wabaye ku wa Kane, tariki ya 27 Gashyantare 2025, kuri Kigali Pele Stadium ndetse agatsinda Gasogi United igitego 1-0.

Darko yavuze ko ari kugeragza gukinisha abakinnyi be bose kugira ngo abashe gutegura imikino myinshi afite mu minsi iri imbere.

Ati “Twakinnye neza igice cya mbere gusa, ariko mu mukino ukurikira tuzakora ibirenze. Ndumva uwo [wa Rayon Sports] uri mu byumweru bibiri biri imbere, ntabwo mbizi neza, ariko muri icyo gihe cyose dufitemo ingengabihe y’imikino igoye, gusa izadufasha kuzahagera tumeze neza.”

“Uyu munsi benshi mu bakinnyi mfite barananiwe, ariko ngiye kubategura ku buryo bazitwara neza ku mukino uzaduhuza na Police FC mu minsi ibiri iri imbere.”

Uyu mutoza kandi yahishuye ko yabanje mu kibuga Niyibizi Ramadhan kubera ko Ruboneka Jean Bosco yagize imvune, ariko ku bw’amahirwe make na we akavunika mu minota 10 ya mbere akisabira gusimburwa.

APR FC iri ku mwanya wa Kabiri wa Shampiyona n’amanota 37, izakina na Police FC ku Cyumweru, tariki ya 2 Werurwe 2025, kandi kuri uwo munsi Rayon Sports ya mbere ifite amanota 41 ikine na Gasogi United FC.

Aya makipe yombi ahanganiye Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ya 2024/25, azahurira kuri Stade Amahoro ku wa 9 Werurwe, hakinwa Umunsi wa 20.

Darko Nović ari inyuma ya Rayon Sports ho amanota ane
Darko Nović utoza APR FC yatangiye gutekereza umukino wa Rayon Sports
Darko Nović agiye kwifashisha imikino myinshi afite ategure uwa Rayon Sports

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .