Imibare iheruka gutangazwa, igaragaza ko abamaze kwandura Coronavirus ku Isi yose basaga ibihumbi 420 mu gihe abasaga ibihumbi 18 bamaze guhitanwa nayo.
Umutoza wa Manchester City, Umunya-Espagne, Pep Guardiola ari mu bafite izina rikomeye mu mupira w’amaguru, wafashe iya mbere mu gufasha igihugu cye cyugarijwe n’icyo cyorezo, aho abasaga 2600 bamaze gupfa naho abagera ku bihumbi 40 bakaba baranduye.
Pep Guardiola kuri ubu uri iwe mu rugo muri Barcelone, yatanze miliyoni 1€ (asaga miliyari 1 na miliyoni 12 Frw) ku nzego z’ubuzima muri Espagne kugira ngo babashe guhangana na Coronavirus.
Iyi nkunga izajya mu Kigo cy’ubuzima cya Barcelone ndetse na Angel Soler Daniel Foundation.
Undi watanze inkunga yo gufasha kurwanya Coronavirus ni rutahizamu wa FC Barcelone, Lionel Messi.
Mundo Deportivo yatangaje ko Messi yatanze miliyoni 1€ ku bitaro bibiri, bimwe byo muri Barcelone ndetse n’ibindi byo muri Argentine, aho avuka.
Rutahizamu wa Juventus, Cristiano Ronaldo afatanyije na Jorge Mendes uharanira inyungu ze, batanze miliyoni 1€ ku bigo bitatu biri kwita ku banduye Coronavirus mu bitaro byo mu Mujyi wa Lisbon n’uwa Porto muri Portugal.
Mu cyumweru gishize, rutahizamu wa Bayern Munich, Rober Lewandowski afatanyije n’umugore we, Anna, batanze miliyoni 1€ yo kurwanya Coronavirus mu Budage.
Leroy Sane wa Manchester City, Leon Goretzka na Joshua Kimmich ba Bayern Munich, na bo batanze inkunga yo kurwanya icyo cyorezo mu Budage.
Umutoza wa Tottenham, José Mourinho, yatanze ibyo kurya ku basaza bo mu Mujyi wa Londres mu Bwongereza, baheze mu rugo kubera Coronavirus.



















TANGA IGITEKEREZO