00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cpt Ian Kagame yafashije RG kugera ku mukino wa nyuma wa ‘Liberation Cup 2026’ (Amafoto)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 26 June 2026 saa 06:58
Yasuwe :

Captain Ian Kagame ari mu bafashije Ikipe y’Abasirikare barinda abayobozi bakuru b’Igihugu (Republican Guard- RG), gutsinda Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’i Gako (RMA Gako) igitego 1-0, igera ku mukino wa nyuma wa ‘Liberation Cup 2026’.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 26 Kamena 2026, ni bwo mu Kigo cya Camp GP ku Kimihurura, hakiniwe imikino ya ½ mu mupira w’amaguru mu irushanwa ryahariwe kwizihiza Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32.

RG yegukanye irushanwa rya 2025 na RMA Gako ni zo kipe zabanje mu kibuga mu mukino ukomeye, ariko igitego cya Ishimwe Claude gitandukanye amakipe yombi, bihesha RG itike yo gukina umukino wa nyuma.

Ni umukino wagaragayemo Kapiteni wa RG, Cpt Ian Kagame, wafashije iyi kipe mu bwugarizi, kugira ngo irinde igitego n’intsinzi byayo.

Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho uwahuje Ikipe y’Ikigo cy’Imyitozo ya Gisirikare cya Nasho (BMTC Nasho) na Task Force Division, ukaba wari umukino ukomeye kuko amakipe yose yagerageje kureba mu izamu.

Amakipe yombi yanganyije ibitego 2-2 mu minota 90 y’umukino, ajya mu nyongera y’iminota 30. Iyi minota yabyajwe umusaruro na BMTC Nasho, ihita igera ku mukino wa nyuma iherukaho mu 2023.

Mu bagore, Urwego rwa Gisirikare rushinzwe Serivisi z’Ubuzima (MHS) izakina na RMA Gako.

Ibikombe, imidari ndetse n’ibihembo byo mu irushanwa ry’uyu mwaka bizatangwa ku itariki ya 3 Nyakanga 2026, umunsi umwe mbere y’uko u Rwanda rwizihiza Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32.

RG yageregaje kwihagararaho umukino wose, icyura intsinzi
RG yatsinze igitego kimwe cyayigejeje ku mukino wa nyuma wa Liberation Cup 2026
RMA Gako yananiwe kwikura imbere ya RG, ikaba izahatanira umwanya wa gatatu
Umukino wabereye ku kibuga cy'umupira cyubatse muri Camp GP
Cpt Ian Kagame yafashije yafashije RG kugera ku mukino wa nyuma wa ‘Liberation Cup 2026’
Cpt Ian Kagame ari kugerageza kugarira
Col Désiré Migambi n'Umuyobozi w'Umutwe urinda abayobozi bakuru, Gen Maj Willy Rwagasana, bakurikiye umukino wa RG na RMA Gako
Cpt Ian Kagame na bagenzi be bakinana muri RG bishimira intsinzi
Bamwe mu Ngabo z'u Rwanda bakurikiye iyi mikino yari ikomeye
RG yashimiye abafana bayo bayibaye hafi
Ikipe ya RG yegukanye irushanwa rya 2025 yongeye kugera ku mukino wa nyuma
Itsinda ry'abafana ba RG bayibaye inyuma kuva umukino utangiye kugeza urangiye
Umuyobozi wa RMA Gako, Gen Maj John Baptist Ngiruwonsanga, yakurikiye umukino wa RMA na RG
Col Thadée Nzeyimana yakurikiye umukino wa RG na RMA Gako
Munyakazi Sadate yari mu bakurikiye iyi mikino ya gisirikare
Umugaba w'Ingabo z'u Rwanda zirwanira ku butaka, Gen Maj Vincent Nyakarundi, yakurikiye iyi mikino ishimangira ubutwari bw'ingabo z'u Rwanda zagize uruhare mu kubohora igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages