00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Côte d’Ivoire yatangiye CAN 2023 itsinda Guinée-Bissau (Amafoto)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 14 January 2024 saa 12:51
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire yatangiye neza Igikombe cya Afurika cya 2023, itsinda iya Guinée-Bissau ibitego 2-0 imbere y’imbaga y’abafana bayo mu mukino ufungura irushanwa.

Ni umukino wabaye ku wa 13 Mutarama 2023, ubera ku kibuga kinini muri irushanwa cya Stade Olympique Alassane Ouattara d’Ébimpé cyakira abafana ibihumbi 60.

Saa Yine z’ijoro ni bwo umusifuzi ukomoka mu Misiri, Amin Mohamed Omar, yatangije umukino ku mpande zombi.

Seko Fofana ukinira Côte d’Ivoire ni we mukinnyi wahise atsinda igitego cya mbere muri CAN 2023. Yakibonye ku munota wa kane ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina, Umunyezamu wa Guinée-Bissau, Ouparine Djoco, ntiyashobora kugera ku mupira.

Nyuma y’iminota ine gusa Guinée-Bissau yinjijwe igitego, yageze mu rubuga rw’amahina ihusha igitego ku buryo bwari bubonywe na Fali Candé na Mauro Rodrigues bananiwe gufata umupira ngo bohereze mu rushundura.

Côte d’Ivoire yihariye umupira mu minota 15 ibanza nubwo Guinée-Bissau yanyuzagamo ikagera mu rubuga rw’amahina ariko kwishyura igitego bigakomeza kuba ingutu.

Mama Baldé wa Guinée-Bissau yacenze ba myugariro ba Côte d’Ivoire ku munota wa 29, yinjira mu rubuga rw’amahina, ariko ateye ishoti mu izamu rigera ku munyezamu Yahia Fofana ridakomeye, arifata yitonze.

Nyuma yaho, Jonathan Bamba yazamukanye umupira anyuze ku ruhande rw’iburyo, awuhereza Seko Fofana wari uhagaze neza inyuma gato y’urubuga rw’umunyezamu, atera ishoti rikomeye rikubita umutambiko w’izamu, umupira uhita ukurwaho n’Abanya-Guinea.

Mu mpera z’igice cya mbere Bamba yongeye kwirukankana umupira yerekeza ku izamu rya Guinée-Bissau, awuhereza Jean Philippe Krasso wahise agwa mu rubuga rw’amahina bikekwa ko Marcelo Djalo yamukozeho ariko umusifuzi avuga ko nta kosa ryabayeho atiriwe anareba VAR.

Guinée-Bissau yakomeje kunanirwa kwishyura mu minota 45 y’igice cya mbere cyongeweho ine, amakipe yombi ajya kongera guhabwa inama n’abatoza ari 1-0.

Umutoza wa Côte d’Ivoire, Jean-Louis Gasset, yakoze impinduka mu ntangiriro z’igice cya kabiri akuramo Wilfried Singo ashyiramo Kapiteni w’iyi Kipe, Serge Aurier.

Aurier akinjira mu kibuga yakoze ku mupira we wa mbere ariko akora amakosa yatumye Mama Baldé awumwambura, ku bw’amahirwe Ousmane Diomande aratabara.

Ku munota wa 58, Jean-Philippe Krasso yatsinze igitego cya kabiri cya Côte d’Ivoire nyuma y’ikosa ryakozwe na Myugariro wa Guinée-Bissau, Opa Sangate, wananiwe gukuraho umupira mu rubuga rw’amahina.

Ikipe ya Les Eléphants yakoze indi mpinduka, ikura mu kibuga Jean-Philippe Krasso wasimbuwe na Karim Konaté.

Umutoza wa Guinée-Bissau, Baciro Candé, yabonye ko imibare itangiye kuba myinshi ku munota wa 67, akura mu kibuga Carlos Mané, Mauro Rodrigues na Moreto Cassama, ashyiramo rutahizamu Franculino Gluda Djú, Ze Turbo na Carlos Mendes.

Hashize iminota itandatu gusa hahise haboneka uburyo bukomeye bwari kuvamo igitego cyabazwe ku mupira watewe na Gluda Djú ariko umunyezamu Yahya Fofana amubera ibamba, akuramo ishoti rikomeye yari ateye rijya muri koruneri.

Nta kindi gitego cyongeye kuboneka muri uyu mukino kugeza ugeze ku musozo, bituma Les Eléphants iyobora Itsinda A aya makipe asangiye na Nigeria na Guinée Equatoriale.

Umukino ukurikiraho muri iri tsinda uzaba ku Cyumweru, tariki ya 14 Mutarama, uhuze Nigeria na Guinée Equatoriale. Si iri tsinda rizakina gusa kuko na Misiri izakina na Mozambique, Ghana ikine na Cap-Vert mu Itsinda B.

Abafana ba Côte d'Ivoire bari biganje mu mihanda mbere y'uko irushanwa ritangira
Umukino ufungura CAN wabereye kuri Stade Olympique Alassane Ouattara d'Ébimpé
Stade Olympique Alassane Ouattara d'Ébimpé yateguwe hakiri kare cyane mbere yo kuberaho umukino wa mbere
Abafana bari benshi kuri Stade Olympique Alassane Ouattara d'Ébimpé
Abakinnyi 11 Guinée-Bissau yabanje mu kibuga
Abakinnyi 11 Côte d'Ivoire yabanje mu kibuga
Uko mu rwambariro rwa Côte d'Ivoire hari hateguye mbere y'umukino
Uko urwambariro rwa Guinée-Bissau rwari ruteguye mbere yo gutangira gukina
Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, na Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, berekeje muri Côte d'Ivoire gufungura Igikombe cya Afurika
Seko Fofana ni we watsinze igitego cya mbere cya Côte d'Ivoire
Côte d'Ivoire yabonye igitego hakiri kare cyane
Guinée-Bissau yahagaze nabi Seko Fofana ayitsindana igitego cya mbere
Seko Fofana ni we wafunguye amazamu bwa mbere mu Gikombe cya Afurika cya 2023
Ku munota wa kane, Côte d'Ivoire yari yamaze gushimisha abafana bayo
Côte d'Ivoire yabonye amanota ya mbere ayifasha kwinjira neza mu irushanwa rya CAN 2023
Seko Fofana ukinira Al Nassr yo muri Arabie Saoudite, yafashije bikomeye Côte d'Ivoire
Gianni Infantino yitabiriye umukino ufungura irushanwa rya CAN 2023

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages