00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Liam Rosenior watozaga Chelsea yirukanywe

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 April 2026 saa 07:58
Yasuwe :

Umwongereza Liam Rosenior watozaga ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yirukanywe nyuma y’amezi atatu gusa kubera umusaruro mubi, asimburwa na Calum McFarlane wari umutoza mukuru wa Chelsea y’abatarengeje imyaka 21.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Mata 2026, ni bwo Chelsea yashyize hanze itangazo rigaragaza ko itakiri kumwe n’uyu mutoza wayigezemo avuye muri Strasbourg.

Itangazo rigira riti “Uyu munsi Chelsea FC yatandukanye na Liam Rosenior wari umutoza mukuru. Mu izina rya buri wese uri muri Chelsea we n’abungiriza be tubashimiye imbaraga zabo bashyize muri Chelsea.”

"Liam yakoze uko ashoboye kose kuva yagera muri Chelsea, agaragaza ubunyamwuga kuva yakwemezwa muri ½ cya shampiyona. Uyu si umwanzuro ikipe yafashe byoroshye, ahubwo ni amanota n’umusaruro byamanutse kandi hari byinshi byo gukora muri uyu mwaka. Buri wese aramwifuriza ibihe byiza.”

Chelsea yongeyeho ko yafashe uyu mwanzuro mu rwego rwo gushaka uko iguma mu makipe yabona itike yo kuzakina amarushanwa y’i Burayi, ndetse no guhatana muri FA Cup.

Ibi byose iteganya ko izabifashwamo na Calum McFarlane uzayitoza kugeza uyu mwaka w’imikino urangiye.

Rosenior w’imyaka 41 yageze muri Chelsea asimbuye Enzo Maresca, yitwara neza mu minshi ya mbere ndetse atsinda imikino itandatu muri irindwi ya mbere, ariko imikino iheruka ntiyamworoheye kuko mu mikino umunani iheruka yatsinzwemo irindwi, atsinda umwe.

Chelsea imaze imikino itanu ya Shampiyona y’u Bwongereza nta gitego irinjiza mu gihe yo yinjijwe 11.

Liam Rosenior yananiwe gufasha Chelsea kubona umusaruro
Liam Rosenior amaze imikino itanu atinjiza igitego
Liam Rosenior yakuwe mu nshingano zo gutoza Chelsea nyuma y'amezi atatu gusa
Calum McFarlane yagizwe ysimbuye Liam Rosenior muri Chelsea

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages