Ibi Pochettino yabivuze nyuma y’uko Chelsea ihanishijwe kwishyura miliyoni 10,75 z’Amapawundi muri Werurwe uyu mwaka, nyuma yo kuregwa n’ubuyobozi bwa Premier League kurenga ku mategeko y’iri rushanwa mu bihe byashize.
Chelsea kandi yari yahanishijwe gukurwaho amanota atandatu, ariko icyo gihano gisubikwa nyuma yo kujurira. Mu mwaka w’imikino wa 2016/17, iyi kipe yatozwaga na Antonio Conte yatwaye igikombe irusha Tottenham ya Pochettino amanota arindwi.
Ba nyiri Chelsea bashya, Todd Boehly na Clearlake Capital, ni bo bamenyesheje Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza (FA) amakosa 74 yabaye mbere y’uko bagura iyi kipe mu 2022.
Chelsea yemeye ko yakoze ubwishyu bw’ibanga bungana na miliyoni 47 z’Amapawundi yahaye abahuza b’abakinnyi batari banditswe ndetse n’abandi bantu bari bagize uruhare mu kugurisha abakinnyi hagati ya 2011 na 2018.
Pochettino watoje Tottenham kuva mu 2014 kugeza mu 2019, yavuze ko ikipe ye yagombaga guhabwa igikombe cya Premier League cya 2016/17.
Ati “Twagombaga gutwara igikombe kimwe cya Premier League. Twari dukwiye kugihabwa.”
Yongeyeho ati “Chelsea yarahanwe kandi yemeye amakosa, none se ni ibyo gusa? Igikombe kigomba guhabwa ikipe yasoreje ku mwanya wa kabiri.”
Uyu Munya-Argentine yavuze ko Tottenham na Chelsea zitigeze zihangana mu buryo bungana.
Ati “Ni ukuri ko tutahatanaga dukoresheje amategeko amwe. Ni ibisanzwe kuvuga ko twatangiye shampiyona tudafite amahirwe amwe.”
Pochettino, ubu utoza Ikipe y’Igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ko iyo Tottenham iba ifite amahirwe angana na Chelsea, ishobora kuba yaraguze abandi bakinnyi bakayifasha gutsinda ibitego byinshi.
Ati “Ntabwo ari njye uri kwitotomba, ni ukuri. Niba bemeye ko barenze ku mategeko, igikombe cya Premier League cyari gikwiye kujya ku ikipe ya kabiri.”
Yavuze ko nubwo abafana ba Chelsea batabyishimira, na we yari kwemera igihano nk’icyo iyo Tottenham iba yarakoze amakosa nk’ayo.
Chelsea yakoze ayahe makosa?
Nyuma yo kumenyesha amakosa ashobora kuba yarabaye, Chelsea yavuze ko yabifashe nk’ikibazo gikomeye kandi ko yorohereje inzego zose zibishinzwe.
Iperereza rya Premier League ryasanze hari amafaranga yishyuwe n’abantu cyangwa ibigo byari bifitanye isano na Chelsea, agahabwa abakinnyi, abahuza batanditswe ndetse n’abandi bantu, ariko ntamenyeshwe inzego zigenzura ruhago muri icyo gihe.
Raporo ya Premier League yagaragaje ko ayo makosa yari ajyanye n’igurwa ry’abakinnyi hagati ya 2011 na 2018, barimo Eden Hazard, Samuel Eto’o, Willian, Ramires, David Luiz, André Schürrle na Nemanja Matić.
Nta mukinnyi n’umwe muri abo wigeze ashinjwa kugira uruhare mu makosa yakozwe. Hazard, Willian, Matić na David Luiz bose bari muri Chelsea mu mwaka w’imikino wa 2016/17.
Premier League yongeye kubarura umutungo wa Chelsea wo mu myaka yashize, ishyiramo ayo mafaranga atari yaratangajwe, isanga iyi kipe itari kurenga ku mategeko agenga inyungu n’imikoreshereze y’amafaranga iyo ayo makuru aza gutangwa ku gihe.
Ni yo mpamvu hafashwe umwanzuro ko kuyikuraho amanota atandatu atari igihano gikwiye.
Ihazabu ya miliyoni 10 z’Amapawundi yari kuba miliyoni 20, ariko igabanywaho 50% kubera ko Chelsea ubwayo ari yo yamenyesheje amakosa kandi ikorohereza inzego mu iperereza.
Andi mafaranga ibihumbi 750 by’Amapawundi yatanzwe muri Werurwe yari ajyanye no kwandikisha abakinnyi b’ikipe y’abato hagati ya 2019 na 2022, aho Chelsea yahawe igihano cyo kumara amezi icyenda itandikisha abakinnyi bashya binjira muri ‘Académie’ yayo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!