Bbaale yari amaze umwaka umwe n’igice muri Rayon Sports yagezemo muri Nyakanga 2023, avuye muri Villa SC y’iwabo.
Uyu mukinnyi umaze igihe yaravunitse, kuri ubu wasubiye muri Uganda, yamaze kwandikira Rayon Sports ayisaba gusesa amasezerano nk’uko yabyemereye IGIHE.
Ati "Impamvu ni uko ntazabafasha muri iyi mikino kandi bumvaga ko nzagaruka, ariko imvune yanjye irakomeye. Ni yo mpamvu nabandikiye nsaba gusesa amasezerano kugira ngo bashake ibindi bisubizo."
Yakomeje agira ati "Nasubiye mu rugo kwivuza. Umuganga yari yambwiye ko nshobora gukira muri Gashyantare, ariko nagiye muri Gym dusanga nshobora gukenera andi mezi abiri."
Muri uyu mwaka w’imikino, Charles Bbaale yakinnye imikino mike yiganjemo itanu ya mbere ubwo Umunya-Sénégal Fall Ngagne yari ataramera neza ngo atangire kubanza mu kibuga.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports buheruka gutangaza ko muri uku kwezi kwa Mutarama buzagura abandi bakinnyi batatu barimo ushaka ibitego.
Mu bayivugwamo ubu harimo Umunya-Malawi Aaron Banega ukina mu kibuga hagati na rutahizamu w’Umunya-Uganda Fahad Bayo.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!