Ni imikino yagombaga kuzatangira tariki ya 3-18 Nyakanga, ariko aya matariki yigijwe inyuma. Gusa kugeza ubu ntiharatangazwa andi matariki iri rushanwa rizakinirwaho nubwo andi makuru avuga ko izakinwa kuva tariki ya 17-31 Nyakanga muri Ethiopia n’ubundi kuko Igihugu kizakira ntabwo kigeze gihinduka.
Amakipe agomba kuba yageze muri Ethiopia mbere y’iminsi itatu ngo irushanwa ritangire. Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Ingimbi ziri munsi y’imyaka 23 na bamwe bayujuje, yatangiye umwiherero. Bakorera imyitozo kuri Stade Amahoro i Remera.
Iri rushanwa rya Cecafa y’abari munsi y’imyaka 23, ryemerewe gukina n’abari munsi y’iyo myaka cyangwa abayujuje ndetse buri kipe y’Igihugu yemerewe gukoresha abakinnyi batarenze batatu barengeje iyo myaka.
Amakipe yamaze kwemeza ko azitabira iyi Cecafa ni U Rwanda, Uganda, u Burundi, Ethiopia, Eritrea, Sudani, Sudani y’Epfo, Djibouti, Tanzania, Zanzibar, Kenya na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!